Polisi y’u Rwanda irasaba abafite ibigo bikora imirimo ijyanye no kuvunja amafaranga anyuranye kwitonda bakagenzura ko amafaranga bahabwa atari amahimbano.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko n’ubwo ibyaha byerekeranye no gukoresha amafaranga y’amahimbano bidakabije, uzagerageza wese kuyakoresha azafatwa kandi abihanirwe.
Yakomeje asaba abafite ibigo bivunja amafaranga, abafasha abantu gutanga no koherereza amafaranga abandi, abafite za resitora n’ibindi… kwitonda; ngo kuko aba bantu baba bafite amafaranga y’amahimbano aribo baba bagamije guha ayo mafaranga. SP Hitayezu yabasabye gukorana cyane na Polisi n’izindi nzego cyane cyane batanga amakuru kugira ngo abakora ibi bikorwa bibi bafatwe.
SP Hitayezu yakomeje agira ati:” buri gihe dukangurira abaturarwanda kujya bagenzura amafaranga bahawe bakareba ko ari umwimerere mbere yo gutanga serivisi runaka. Guca burundu amafaranga y’amahimbano bizashoboka ari uko ubufatanye bw’abaturage na Polisi ndetse n’izindi nzego bubayeho. Turasaba rero abaturage kujya batugezaho amakuru ndetse tugafatanya. Ibi nibyo bizatuma dukumira ndetse turwanye ibyaha bitandukanye. Gukoresha kandi ibikoresho by’ikoranabuhanga rigezweho mu gusuzuma ayo mafaranga nabyo byafasha mu kumenya ay’ukuri n’andi y’amahimbano”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ingingo ya 604 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cy’u Rwanda igira iti:” Umuntu wese uhimba, ukoresha cyangwa ukwirakwiza mu buryo ubwo ari bwo bwose ibintu byose byakwitiranywa n’amafaranga cyangwa izindi mpapuro zivunjwamo amafaranga, ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y‟amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’amafaranga y’amahimbano.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


