Dr Mukwege ntiyumva ukuntu abari abarwanyi ba RCD, CNDP na M23 badakurikiranwa n’ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Umuganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, Dr Denis Mukwege ntiyumva ukuntu abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ya RCD-Goma, CNDP na M23 badakurikiranwa n’ubutabera.

Mu itangazo Dr Mukwege yashyize ahagaragara tariki ya 10 Kanama 2021, avuga ko ubusanzwe raporo z’Umuryango w’Abibumbye zagiye zishinja ibyaha by’intambara abahoze ari abarwanyi b’iyi mitwe yari iyobowe n’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Gusa biciye mu buryo atumva, iyi mitwe yarambitse intwaro mu bihe bitandukanye yashyizwe muri gahunda ya Leta yitwa DDRC-S yo kurambika intwaro, gusubiza abari abarwanyi mu buzima busanzwe, ababishaka bakajya mu gisirikare cy’igihugu.

Aribaza ati: “Ni gute umurwanyi wahoze ari uwa RCD/Goma, CNDP na M23 raporo za UN zita uwakoze ibyaha by’intambara, yisanga muri gahunda ya DDRC-S?”

Dr Mukwege avuga ko mu gihe abajya mu mitwe yitwaje intwaro, bagakora ibyaha by’intambara birimo guhohotera ikiremwamuntu badakurikiranwa n’ubutabera, n’abandi bazakomeza kuyijyamo, bakore ibi byaha nta ngaruka bikanga ko byazabagiraho.

Uyu muganga yamamaganye ko Tommy Tambwe yagizwe umuhuzabikorwa wa DDRC-S, kandi yarabaye umuyobozi wa RCD-Goma na M23.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *