both-5.jpg

Perezida Museveni yohereje intumwa idasanzwe mu Burundi

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 14 Kanama 2021 yohereje intumwa ye idasanzwe, Abel Kandiho, mu Burundi.

Ibiro bikuru by’u Burundi byatangaje ko Kandiho uyoboye urwego rwa gisirikare rwa Uganda rushinzwe iperereza, CMI, yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Evariste Ndayishimiye. Biti: “Umukuru w’Igihugu Evariste Ndayishimiye yakiriye mu ngoro ya Perezida i Gitega intumwa idasanzwe ya mugenzi we wo muri Uganda, Nyakubahwa Kaguta Museveni.”

Ibi biro bivuga ko aba bombi baganiriye ku bijyanye no gukomeza umubano ibihugu byombi bisanzwe bifitanye.

Biravugwa ko Perezida Ndayishimiye na Kandiho baganiriye ku mishinga ibihugu byombi bihuriyeho irimo uwo kubaka umuhanda muremure ubihuza uzanyura muri Tanzania.

Iyi ntumwa kandi yabwiye Perezida Ndayishimiye ko Museveni akurikirana uko umutekano w’u Burundi uhagaze nyuma y’ibitero imitwe yitwaje intwaro yagabye kuri iki gihugu muri uyu mwaka kuko “yifuza ko bwahora butekanye.”

Bombi bashyize umukono ku masezerano abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ubwo Perezida Ndayishimiye yari yagiriye uruzinduko muri Uganda muri Gicurasi 2021.

both-5.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Perezida Museveni yohereje intumwa idasanzwe mu Burundi
    Ukuriye ingabo za TZ i Burundi,:few days later Kandiho i Burundi.
    Harimo gukinwa uwuhe mukino?

    Abamenya amakuru ya nyayo bamenya abo bantu barimo gutegura iki?

  2. Perezida Museveni yohereje intumwa idasanzwe mu Burundi
    Ukuriye ingabo za TZ i Burundi,:few days later Kandiho i Burundi.
    Harimo gukinwa uwuhe mukino?

    Abamenya amakuru ya nyayo bamenya abo bantu barimo gutegura iki?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *