Haïti: Abishwe n’umutingito bageze ku 1297

Sangiza iyi nkuru

Urwego rwa Haïti rushinzwe ubutabazi kuri uyu wa 16 Kanama 2021 rwatangaje ko abantu bamaze kumenyekana bishwe n’umutingito uherutse kwibasira igihugu ari 1297.

Tariki ya 14 Kanama 2021 ni bwo umutingito wari ufite imbaraga ziri ku gipimo cya 7.2 wibasiye Haïti, ako kanya uru rwego rutangaza ko hamaze gupfa abantu 29.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko ubushobozi bw’ibitaro biri ahantu hibasiwe cyane buri kuba buke bitewe n’uko abakomerekeye muri iki kiza ari benshi. Ubu babarirwa mu 5700.

Jerry Chandler uyoboye uru rwego yavuze ko ari ikibazo kuba ubushobozi bw’ibi bitaro buri kuba buke, kandi hari ibindi byinshi mu gihugu bitari gukora. Yagize ati: “Dufite ikibazo gikomeye. Ubu tuvugana hari ibitaro by’ingenzi bitari gukora, ibiri gukora biri kwakira abarwanyi benshi.”

Bitewe n’umubare w’abarwayi urenze ubushobozi bw’ibi bitaro, ibi biro ntaramakuru bivuga ko hari abari kuvurirwa munsi y’ibiti, abandi bari kuvurirwa ku nkengero z’imihanda, baryamishijwe kuri matela.

Uyu mutingito wibasiye Haïti nyuma y’undi wayibasiye mu 2010. Wo watwaye ubuzima bw’abaturage babarirwa mu 200,000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *