Amerika na EU bashyizeho ibihano ku bategetsi ba DR Congo

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe perezida Kabila asigaje icyumweru kimwe kugirango arangize manda ebyiri agenerwa n’itegeko nshinga rya Congo, kuri ubu bamwe bayobozi bakuru bamufasha kuyobora iki gihugu bamaze gushyirirwaho ibihano n’ibihugu bikomeye byo hakurya y’inyanja.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kuri uyu wa 12 Ukuboza 2016 nibwo Leta zunze ubumwe z’Amerika n’Umuryango w’ubumwe bw’Uburayi batangaje ko bafatiye ibihano bamwe mu bategetsi bakuru ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinjwa ubwicanyi no guteza akavuyo bashaka ko perezida Kabila yaguma ku butegetsi.
Igihugu cy’Amerika ubwacyo cyafatiye ibihano uwitwa Evariste Boshab, icyegera cya minisitiri w’intebe muri Congo, uyu ashinjwa gukoresha amanyanga kugirango ndetse na Kalev Mutondo uyobora urwego rw’iperereza we ahinjwa gukoresha iterabwoba mu guhatira abandi bayobozi gukora ibishoboka byose kugirango Kabila azagume ku butegetsi
Inteko y’Ubumwe bw’Ububurayi nayo yatangaje amazina y’abandi bategetsi barindwi barimo abasilikare n’abapolisi bane bayobora igipolisi bose bashinjwa uruhare rukomeye mu bwicanyi bwabaye mu kwezi kwa cyenda ubwo abatavuga rumwe na leta bigaragambyaga barwanya ko Kabila yanyuranya n’itegeko nshinga ngo yongere kwiyamamaza.
Ubwicanyi bwo mu kwezi kwa cyenda bwahitanye Abacongomani barenga 50 n’aho abarenga 100 barakomereka.
Ibihano aba bagabo bombi bafatiwe ni ukutemererwa gukandagira muri Amerika cyangwa mu Burayi ndetse hanafatirwa imitungo bose bagiye bafite muri ibyo bihugu bwo hakurya y’inyanja.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida Kabila agomba kuva ku butegetsi ku wa 19 Ukuboza 2016, hagendewe ku itegeko nshinga ry’iki gihugu, gusa kuri ubu ikiriho ni uko uyu muperezida muto mu bo ku isi atazava ku butegetsi nyuma y’aho byamaze kwemezwa ko azakomeza kuyobora kugeza mu mwaka wa 2018.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *