Umurambo w’umusore wo mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze wari ufite imyaka 21 y’amavuko witwa Habimana Gad, kuri uyu wa 16 Kanama 2021 wabonetse mu musarani mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera nyuma y’iminsi igera muri itatu aburiwe irengero.
Amakuru aturuka mu muryango wa nyakwigendera avuga ko mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 13 Kanama 2021, yavuye i Musanze, ajya mu isantere y’ubucuruzi yitwa Kidaho iri muri Cyanika, agiye kugura mudasobwa yakoze (occasion).
Byageze mu masaa moya (isaha yo kuba abantu bageze mu rugo mu rwego rwo kwirinda Covid-19) atarataha, umuryango we umuhamagara kuri telefone, ntiyaboneka, ni bwo watangiye gutanga itangazo umushakisha, ryakwirakwijwe n’inshuti ze zikoresha WhatsApp.
Kuri uyu wa 16 Kanama, mu Kidaho haje kuboneka umuntu ufite telefone n’imyambaro bya nyakwigendera agiye kubigurisha. Uwo yafashwe, ajya kwerekana umurambo wa nyakwigendera wari mu musarani.
Polisi y’u Rwanda ikoresheje urubuga rwa Twitter yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Habimana, bakaba bafungiwe kuri sitasiyo ya Muhoza muri Musanze mu gihe iperereza rikomeje.
Yagize iti: “Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad, bakaba bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza.”
Aba batawe muri yombi biravugwa ko ari abo uyu wafatanwe telefone ya nyakwigendera yerekanye.
Bwiza yahamagaye Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufite ububasha bwo kugenza ibyaha, Dr Murangira Thierry kugira ngo imubaze amazina y’abatawe muri yombi n’imyaka yabo y’amavuko, ariko telefone yikuragaho atayifashe.
Aya mazina n’imyaka y’amavuko y’abakekwa turakomeza kubishakisha, nitubibona turabyongera muri iyi nkuru.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


