Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kiri gushakisha Abashinwa batatu bacukurishaga amabuye y’agaciro mu kirombe cya Itendey kiri muri Teritwari ya Djugu mu ntara ya Ituri, baburiwe irengero.
Umuvugizi w’ibikorwa bya FARDC muri Ituri, Lt. Col. Jules Ngongo yabwiye itangazamakuru ko aba Bashinwa babuze tariki ya 15 Kanama 2021, agakeka ko bashimuswe n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa CODECO wakunze kugaragara cyane muri aka gace.
Col. Ngongo yavuze ko kuva byamenyekana ko aba Bashinwa baburiwe irengero, FARDC yohereje abasirikare muri aka gace kugira ngo babashakishe.
Imitwe yitwaje intwaro mu gice cy’uburasirazuba bwa RD Congo usibye guhungabanya umutekano w’abaturage, hari ubwo yumvikana ishimuta abarimo abanyamahanga.
Mu ntangiriro za Werurwe 2021, uwari Ambasaderi w’u Butaliyani muri iki gihugu, Luca Attanasio yishwe n’abarwanyi batamenyekanye ubwo yavaga mu mujyi wa Goma yerekeza muri Teritwari ya Rutshuru. Bikekwa ko bashakaga kumushimutira muri Pariki ya Virunga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


