Umunyakenyakazi wakinaga watwaye imidali myinshi ku rwego mpuzamahanga mu mukino wo kwiruka (marathon), Delilah Asiago ubu ni umukene ukorera abandi akazi ko gusoroma icyayi, mu gihe yigeze guhembwa amashilingi miliyoni 30; mu manyarwanda (Frw) arenga miliyoni 276.
Citizen TV yagiranye ikiganiro na we, ivuga ko Asia yatwaye imidali itandukanye kuva mu 1991 kugeza mu 2008. Mu yo yatwaye harimo iya zahabu yakuye mu irushanwa rya Steamboat Classic aho yaciye agahigo, irya All Africa Games, World Championship n’irya Bay to Beaker aho yaciye agahigo ko kwiruka ku ntera y’ibilometero 12.
Yegukanye indi midali mu marushanwa nka Great Lake Marathon mu 2002, Rotterdam Marahon mu 2004 na Dubai Marathon mu 2006; aho yahembwe amafaranga angana n’amashilingi 20 kubera ko yegukanye umudali wa zahabu, ahabwa n’andi miliyoni 10 kubera ko yaciye agahigo ku rwego rw’Isi.
Yabajijwe icyatumye akena akagera aho asoromera abandi icyayi kandi yarahembwe akayabo k’amafaranga, asubiza ko yatangiye kugira ibibazo mu 1999 ubwo yashinjwaga kwitera imiti imwongerera imbaraga mu gihe yitabira amarushanwa.
Kuva ubwo ngo yahagaritswe imyaka ibiri, ayimara atitabira irushanwa na rimwe. Nyuma yaho yagarutse yitwara neza muri aya marushanwa yabaye kuva mu 2002.
Ikindi avuga ko cyamaze amafaranga yahembwe ngo ni uko yubakiye ababyeyi be batuye mu karere ka Nakuru inzu ifite agaciro ka za miliyoni.
Asiago yemera ko yarangaye ntiyabika amafaranga cyangwa ngo ayakoreshe neza mu rwego rwo kwiteganyiriza mu gihe yazaba ageze mu bihe bibi, agira inama abagikina ko bakwibuka kwiteganyiriza.
Yagize ati: “Ku bakinnyi bose, nimugerageze mwizigamire amwe mu mafaranga mutsindira mu marushanwa. Ntimugerageze kuyakoresha nabi, nimubikora bizarangira muri mu bihe bibi, musoroma icyayi mu mirima.”
Gusa Asiago yasabye Leta ya Kenya kwibuka abakinnyi bayihesheje ishema babayeho nabi, ikabafasha, ikabakura muri ubwo buzima.



