gakuru.png

Mozambique: Abaturage ntibatewe ubwoba n’intagondwa gusa, ngo n’abapolisi babo bababuza amahwemo

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu Karere ka Palma, Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique bavuga ko batewe impungenge n’abapolisi b’igihugu cyabo babahohotera, bakanica bamwe muri bo.

Babitangarije igitangazamakuru Africa News tariki ya 15 Kanama 2021 ubwo inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zakoraga ubukangurambaga bubashishikariza gusubira mu byabo bahunze bitewe n’ibitero by’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu.

Ubu bukangurambaga bwabaye nyuma y’aho ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zari zimaze kwirukana intagondwa z’uyu mutwe mu birindiro byose zari zarashinze, zigahungira mu mashyamba.

Umuturage witwa Avyuma Musa n’uburakari bwinshi yagize ati: “Abapolisi ntabwo bari kuturinda; bari kutwica. Iyo baba baturinda, twabaho mu mahoro. Gusa nta mahoro kubera ko bari kutwica. Turambiwe kwicwa, abana bacu baricwa.”

SSP Justin Gakuru Rukara uri mu bapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Cabo Delgado, yatangaje ko ubu bukangurambaga bugamije guha abaturage icyizere cy’umutekano wabo no kugarura icyizere hagati yabo n’inzego zishinzwe umutekano za Mozambique, gusa ngo baracyafite ubwoba bwinshi.

SSP Gakuru yagize ati: “Turashaka kubereka ko duhari. Abaturage bari kugaruka ariko baracyafite ubwoba bwinshi, barumva badatekanye. Turi kubabwira ko intambara yarangiye, ko bagomba kugaruka mu byabo.”

Ibikorwa byo kwirukana intagondwa mu birindiro zari zarashinze byatangiye muri Nyakanga 2021 ubwo ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari bamaze kugera muri Mozambique. Ibikorwa bikomeje ni ibyo kuzihigira mu mashyamba zahungiyemo n’ubu bukangurambaga.

gakuru.png

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *