Abarundi bahungiye muri Uganda bandikiye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe impunzi, UNHCR, bamutakambira bamusaba gufashwa gutaha mu gihugu cyabo nk’abo abari mu bindi bihugu bafashijwe.
Aba Barundi mu ibaruwa banditse tariki ya 17 Kanama 2021 iriho imikono y’abantu 71 bavuga ko bimwe uburenganzira bwabo bwo gutaha iwabo, bavuga ko bagenzi babo baba mu bihugu bya EAC nk’u Rwanda, Tanzania na Kenya bo bemererwa gutaha, bakaba batumva icyo bazira.
Bagize bati: “Bagenzi bacu b’impunzi muri EAC (Tanzania, u Rwanda, Congo, yewe na Kenya) bari kuryoherwa n’uburenganzira bahabwa bwo gutaha ku bushake nta kibazo kihabaye.”
Bashinja ishami rya UNHCR muri Uganda kubarangarana kuko ngo rimaze amezi 12 ribasezeranya kenshi ko barataha vuba ariko ntibyigeze biba. Bavuga ko mu 2020 banasabwe kwiyandika nk’abifuza gutaha, ariko barategereje amaso ahera mu kirere.
Batu; “Amezi 12 ashize ibihumbi by’impunzi z’Abarundi ziba muri Uganda ziteguye gutaha ni menshi. Yewe turababaye ariko UNHCR-Uganda ibifata nk’aho nta cyabaye.”
Kubera gutakariza icyizere UNHCR muri Uganda, aba Barundi bavuga ko batangiye gufata icyemezo cyo kujya batorokera mu bindi bihugu nk’u Rwanda na Tanzania kugira ngo bibafashe gutaha nk’uko bifasha abandi.
Gusa muri uru rugendo naho bahahurira n’ikibazo cy’uko iyo bafashwe, UNHCR-Uganda ibafata ikabasubiza mu nkambi, aho kubacyura mu gihugu cyabo nk’uko babyifuza.
Urugero rwa hafi rw’abatorotse ni abagera ku 100 babigerageje tariki ya 15 Kanama 2021. Ngo abo basubijwe mu nkambi kugira ngo “bababare bongere bababare kurushaho.”
Iyi baruwa yamenyeshejwe abafatanyabikorwa bagira uruhare mu kubacyura, ari bo: Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Perezida wa Uganda na Perezida w’u Burundi;


