Perezida wa Sena yahanuye abatukira abandi ku mbuga nkoranyambaga, bakabita amazina abatesha agaciro

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon. Dr Iyamuremye Augustin yahaye impanuro abantu batukira bagenzi babo ku mbuga nkoranyambaga, bakabita amazina abatesha agaciro babaziza ko bafite ibitekerezo bitandukanye.

Mu butumwa yatambukije ku rubuga rwa Twitter ku wa 20 Kanama 2021, Hon. Iyamuremye yatangaje ko amaze iminsi abona kuri izi mbuga “abantu batuka abandi cyangwa bakabita amazina agamije kubatesha agaciro.”

Hon. Iyamuremye anenga aba bantu kuko ibyo bakora nta kinyabupfura kirimo, ati: “Ni no kwibeshya kuko ntushobora guhindura umuntu kuko wamututse.”

Yasabye abakoresha izi mbuga kujya bahanganisha ibitekerezo, aho guhanganisha ibitutsi no kwitana aya mazina.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *