Perezida Biden yarahiriye guhiga abarwanyi ba IS biciye abasirikare ba USA muri Kabul

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Joe Biden yarahiriye guhiga abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa IS (Islamic State) wagabye igitero hafi y’ikibuga cy’indege cya Kabul muri Afghanistan cyaguyemo abasirikare babo 13.

Kuri uyu wa 26 Kanama ni bwo abarwanyi ba IS bagabye igitero hafi y’iki kibuga, nyuma y’iminsi mike USA iteguje ko gishobora kuba.

Iki gitero cyaguyemo aba basirikare ba USA bari gufasha abantu guhunga Afghanistan nyuma yo gusubira mu maboko y’Abatalibani, n’abanya-Afghanistan 60, abandi 140 barakomereka.

Perezida Biden mu ijambo yavugiye mu biro bye nyuma y’iki gitero, yamenyesheje IS ati: “Mumenye ibi, ntabwo tuzabababarira. Ntituzibagirwa. Tuzabahiga, kandi tuzatuma mwishyura.”

Uyu Mukuru w’Igihugu abona ko iki gitero kigamije gukoma mu nkokora ibikorwa bya USA byo kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga no gufasha abava muri Afghanistan. Gusa ngo ntibizagerwaho. Yabivuze ati: “Ntabwo tuzacibwa intege n’ibyihebe, ntituzemera ko baduhagarikira ubutumwa. Tuzakomeza igikorwa cyo kwimura abaturage.”

Yongereyeho ko nibiba ngombwa ko ku kibuga cy’indege cya Kabul hakenerwa abandi basirikare ba USA, nabyo bizakorwa kugira ngo ubutumwa bwabo bukorwe neza.

Ku kibuga cy’indege cya Kabul hari abasirikare ba USA babarirwa mu 5800. Bose bari gufasha abashaka kuva muri Afghanistan.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *