Kuri uyu wa Kane, mu gihugu cy’u Burundi hongeye kumvwa urubanza rw’abantu bane bashinjwa kugira uruhare mu iyicwa ry’umupolisi witwa Deodinga wiciwe muri hotel Palasso mu gace ka Shatanya mu mujyi wa Gitega. Ibi bikaba byarabaye kuwa Kabiri ushize ubwo uyu mupolisi yari aherekeje imfungwa ishinjwa kuba mu bishe Gen. Adolphe Nshimirimana wahoze akuriye inzego z’iperereza mu Burundi. Uyu munyururu nawe yaje kwicwa nyuma y’akanya gato atorotse.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma y’aho uru rubanza rwaranzwe n’impaka nyinshi hagati y’umushinjacyaha n’abacamanza, urukiko rwaje gusaba impande ziburana kurangiza kuburana, umushinjacyaha asabira Kankindi Godeberte, ushinzwe gucunga hotel palasso, gufungwa imyaka 42 agendeye ku kuba harapfiriye umuntu mu nzu yari ashinzwe.
Naho uwitwa Audace Nyandwi, ukuriye abanyururu bo muri Gereza Nkuru ya Gitega, yasabiwe gufungwa imyaka 40 ashingiye ku kuba yaremeye guherekeza umwicanyi muri hotel akavuga ko ibyo uwo munyururu yakoze yari abizi.
Uwitwa Jean Paul Hakizimana, uwungirije umuyobozi wa Gereza Nkuru ya Gitega, nawe yasabiwe gufungwa imyaka 20, aho umushinjacyaha avuga ko kuba yarasohoye umwicanyi bigaragara ko yari azi neza ko agiye gukora amaraso ngo abone uko atoroka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kabura Emmanuel, ukuriye abapolisi barinda Gereza ya Gitega, nawe yasabiwe gufungwa imyaka 20, aho umushinjacyaha yamushinjije kohereza umupolisi ufite ubumuga ari wenyine ngo aherekeze umugizi wa nabi. Kuri iki cyaha, Kabura yisobanuye avuga ko we akoresha abapolisi uko babamuhaye kandi ko minisiteri y’umutekano ibashinzwe idashobora guha umupolisi akazi ahantu atahashoboye.
Abunganira abaregwa nabo bahawe ijambo ngo basoze urubanza, bose basaba ko abo bunganira bahanagurwaho ibyaha kuko ngo umushinjacyaha nta bimenyetso yabashije kwerekana byatuma abo bunganira bahamwa n’icyaha.
Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga ko abacamanza bahise bajya kwiherera iminota 45 yose, bagaruka bakatira Audace Nyandwi gufungwa imyaka 21 bavuga ko yari azi neza umugambi uwakoze icyaha yari afite ariko akamuguma inyuma ntabimenyeshe ababishinzwe.
Jean Paul Hakizimana we yakatiwe gufungwa imyaka 20 azira ko yahaye umwanya umugizi wa nabi wo gutoroka akabikora nkana. Kankindi Godeberte we yakatiwe imyaka 10 azira ko ngo yafashije umugizi wa nabi gutoroka amaze kwica umuntu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Emmanuel Kabura we yagizwe umwere ngo nyuma yo gusanga nta cyaha kimuhama.
Nyuma yo guca urubanza, abunganiraga abaregwa bavuze ko batishimiye icyemezo cy’urukiko kuko ubusanzwe umuntu ahamwa n’icyaha hari ibimenyetso mu gihe nta kimenyetso na kimwe umushinjacyaha yigeze agaragaza mu rukiko.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


