Zambia: Perezida mushya yakoze impinduka ‘zihuse’ mu buyobozi bukuru bw’igisirikare

Sangiza iyi nkuru

Perezida mushya wa Repubulika ya Zambia ufite n’inshingano y’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’igihugu, Hakainde Hichilema yashyizeho mu buryo bwihuse abayobozi bashya b’igisirikare.

Nk’uko yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, kuri uyu wa 29 Kanama 2021, Perezida Hichilema yagize Lt. Gen. Dennis Alibuzwi Umugaba Mukuru w’ingabo, Maj. Gen. Geoffrey Zyeele amugira Umugaba Mukuru wungirije.

Mu gisirikare kirwanira mu mazi, ZAF, Lt. Col. Collins Barry yagizwe Umugaba, Maj. Gen. Oscar Nyoni agirwa Umugaba wungirije.

Muri ZNS (Zambian National Service), Lt. Gen. Patrick Solochi yagizwe Umugaba, Maj. Gen. Ruben Mwewa agirwa Umugaba wungirije.

Perezida Hichilema kandi yashyizeho abayobozi bakuru mu gipolisi. Yagize Remmy Kajoba Umuyobozi Mukuru w’uru rwego, agira Milner Munyambango umwungiriza ushinzwe ibikorwa, agira Doris Chilombe umwungiriza ushinzwe ubutegetsi.

Uyu Mukuru w’Igihugu akoze izi mpinduka nyuma yo kurahirira iyi nshingano tariki ya 24 Kanama 2021. Mu matora yabaye tariki ya 12, yatsinze Edgar Lungu wayoboraga iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *