Minisitiri w’Ingabo za Kenya ni we ushobora kuzasimbura P. Scotland muri Commonwealth

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’igihe kirekire bivugwa ko Umunyamabanga Mukuru w’umuryango Commonwealth, Patricia Scotland atazemererwa kuyobora manda ya kabiri, Minisitiri w’Ingabo za Kenya ni we uhabwa amahirwe menshi yo kumusimbira.

Amahirwe yo kongera kuyobora Commonwealth kuri Scotland yabaye nk’ayoyoka ubwo muri Gashyantare 2020, ibitangazamakuru byo muri Australia; The Age na The Sydney Morning Herald byashyiraga hanze ibyavuye mu icukumbura byamukozeho.

Iri cukumbura ryagaragaje ko Scotland yaba yarakoresheje nabi amafaranga y’umuryango kuva yajya muri izi nshingano mu 2016, ryatumye ibihugu birimo Ubwami bw’u Bwongereza (UK), New Zealand na Australia bitangira igisa n’ubukangurambaga bwo kumutakariza icyizere, kugira ngo ntazakomeze kuwuyobora.

Byavugwaga ko mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth (CHOGM) yari kubera i Kigali muri Kamena 2021, ari bwo hari kwemezwa umusimbura wa Scotland, Umunyakenya utari wakamenyekanye akaba ari we wahabwaga amahirwe menshi yo kwegukana uyu mwanya.

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta kuri uyu wa 30 Kanama 2021 yamaze gutangaza uyu mukandida, usanzwe ari Minisitiri w’Ingabo, Ambasaderi Dr Monica Juma, asaba ibihugu bigize uyu muryango kumushyigikira.

Perezida Uhuru yagize ati: “Amb. Dr Juma afite ubunararibonye ntagereranywa mu miyoborere, mu micungire, guhagararira no kumenya guverinoma, mu karere no ku rwego mpuzamahanga, mu bubanyi butadukanye, iterambere mpuzamahanga, mu mutekano… Azafasha mu gushimangira ubumwe mu muryango wa Commonwealth, azamure ubufatanye bushya buteza imbere umuryango wacu.”

Minisitiri Juma yashimiye Perezida Uhuru wamugiriye icyizere, amusezeranya kuzakora atizigama kugira ngo ibihugu bigize uyu muryango bibone ko ashoboye. Yagize ati: “Ncishije bugufi kandi ntewe ishema n’icyizere Nyakubahwa Perezida Uhuru Kenyatta yangiriye, akantangaho umukandida wo kuyobora Commonwealth. Nzakorana umwete kugira ngo ibihugu 54 bigize uyu muryango bizangirire icyizere.”

Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth aboneka binyuze mu matora. Uwatowe yemezwa n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *