Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo yavuze ko itakwakira impunzi zaturutse muri Afghanistan bitewe n’uko icumbikiye izindi nyinshi zaturutse mu bindi bihugu.
Iki gihugu ni kimwe mu byo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zarasabye kwakira izi mpunzi by’igihe gito, zikazavayo zijya mu bihugu bya nyuma bizazakira.
Iyi Minisiteri mu itangazo yashyize ahagaragara tariki ya 1 Nzeri 2021 yagize iti: “Ubusabe bwari uko bakwakira muri Afurika y’Epfo, bagana mu cyerekezo cya nyuma. Ku bw’amahirwe make, Guverinoma ntabwo iri mu buryo bwo kwemera ubwo busabe.”
Isobanura ko inyinshi mu mpunzi zaturutse mu bindi bihugu, zihabwa ubufasha n’iki gihugu, mu kwerekana ko kwakira n’iziturutse muri Afghanistan waba ari umutwaro yongereye ku wo yikoreye. Iti: “Inyinshi muri zo zirafashwa, zinahabwa serivisi z’ubuvuzi z’ubuntu, bikozwe n’iki gihugu.”
Abantu batangiye guhunga Afghanistan ubwo umutwe w’Abatalibani wari umaze gufata ubutegetsi tariki ya 15 Kanama 2021. Abenshi muri bo bagiye bafashwa guhunga n’ingabo za USA zari mu mujyi wa Kabul, zifashishaga indege zazo, zikazohereza mu bihugu bitandukanye mu buryo bw’agateganyo.


