Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Victoria muri Uganda, Dr Lawrence Muganga uherutse gutabwa muri yombi akekwaho gukorera ubutasi igihugu cy’amahanga, yambuwe ubwenegihugu.
Umuvugizi w’urwego rwa Uganda rushinzwe abinjira n’abasohoka, Jacob Siminyu mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 13 Nzeri 2021, yatangaje ko icyatumye Dr Muganga yamburwa ubwenegihugu ari uko afite ubwenegihugu burenze bumwe.
Siminyu yagize ati: “[Dr Muganga] nta cyemezo afite kimwemerera kubona gusaba ubwenegihugu ahandi hantu. Ubwo rero yatakaje ubwenegihugu bwa Uganda.”
Dr Muganga yatawe muri yombi n’abakozi b’urwego rw’igisirikare rushinzwe iperereza, CMI, tariki ya 2 Nzeri 2021. Nyuma y’umunsi umwe yaje gufungurwa, gusa Siminyu avuga ko agikorwaho iperereza kuri iki cyaha.
Amakuru avuga ko uyu mushakashatsi uri mu bwoko bwa Banyarwanda yavukiye mu Karere ka Masaka, akaba afite pasiporo ya Uganda, iy’u Rwanda na Canada.


