RMC ivuga ko Nkusi Agnes atakiri umunyamakuru w’umwuga wemerewe gukorera mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’abanyamakuru bigenzura, RMC (Rwanda Media Commission), rumaze gutangaza ko Uwimana Nkusi Agnes atakiri umunyamakuru w’umwuga wemerewe gukorera mu Rwanda.

Mu itangazo uru rwego rwashyize ahabona kuri uyu wa 14 Nzeri 2021, rusobanura ko impamvu Nkusi washinze igitangazamakuru Umurabyo Newspaper atakiri umunyamakuru w’umwuga ari uko atagifite ikarita yarwo.

Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 13 Nzeri 2021 uyu munyamakuru umaze iminsi ashyirwaho igitutu n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamushinja kudakora akazi kinyamwuga, asubije ku bushake uru rwego ikarita rwari rwaramuhaye.

Aba bibazaga impamvu RMC yahaye ikarita uyu munyamakuru, kandi ngo akora ibihabanye n’ubunyamwuga.

Mu ibaruwa Nkusi yandikiye RMC ubwo yayisubizaga iyi karita, yagize ati: “Muyobozi wa RMC, mbandikiye mbamenyesha ko ikarita nahawe tariki ya 02/08/2021 nyibasubije tariki ya 13/09/2021. Ndabashimiye.”

RMC nyuma yo kubona iyi baruwa, yanditse muri iri tangazo iti: “RMC iramenyesha ko Madamu Uwimana Nkusi Agnes atakiri umunyamakuru w’umwuga wemerewe gukorera itangazamakuru mu Rwanda nk’uko yari yarabiherewe uburenganzira na Rwanda Media Commission.”

Uru rwego rwatangaje ibi rushingiye ibivugwa mu ngingo ya 3 y’itegeko no 02/2013 ryo ku wa 08/02/2013 rigena itangazamakuru mu Rwanda, rivuga ko umunyamakuru cyangwa igitangazamakuru byemerewe gukorera mu gihugu ari rwo rubiha uburenganzira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *