Abantu basaga 20 biciwe mu guhangana hagati y’abigaragambya n’abashinzwe umutekano muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’imyigaragambyo isaba perezida Kabila kuva ku butegetsi yadutse kuri uyu wa kabiri, itariki 20 Ukuboza, nyuma y’amasaha macye manda ye irangiye.
Bamwe mu bapfuye ngo barasiwe mu ntambwe nke n’abashinzwe umutekano nk’uko ababibonye babitangaje. Byari biteganyijwe ko ubutegetsi bwa perezida Kabila bumaze imyaka 15 burangira mu ijoro ryo kuwa Mbere saa sita z’ijoro, ariko arateganya kubugumaho kugeza mu 2018 habaye amatora nayo ashobora kuzagaragaramo.
Komisiyo ishinzwe amatora yasubitse amatora byari biteganyijwe ko azaba mu mwaka utaha ivuga ko hari ibibazo by’ibikoresho n’iby’amafaranga bitaracyemuka ngo amatora ategurwe.
Mu gihe hategerejwe amatora yo mu 2018, perezida kabila aherutse gushyiraho guverinoma y’inzibacyuho izageza kuri ayo matora, igizwe n’abantu 74.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ubwo yavuganaga na Reuters ariko, Jose Maria Aranaz, umuyobozi w’ishami rya Loni ry’uburenganzira bwa muntu muri Congo, yavuze ko hari amakuru y’uko abasivili bagera muri 20 biciwe mu myigaragambyo I Kinshasa kuri uyu wa kabiri.
Urusaku rw’amasasu kandi rwumvikanye mu mujyi wa Lubumbashi ariko ntihamenyekana neza umuntu warasaga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu butumwa yatanze kuri uyu wa kabiri, Etienne Tshisekedi yari yasabye Abakongomani kwamagana mu mahoro icyo yise guhirika ubutegetsi kwa perezida kabila avuga ko ubutegetsi bwe butemewe n’amategeko.
BBC ivuga ko kuva mu 1960 igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyabona ubwigenge, kibuhawe n’u Bubiligi, kitazi ikitwa guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.
Reba inkuru bifitanye isano hano
RDC: Amasasu aravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com




