Umunyarwandakazi Salma Rhadia Mukansanga ni we usifura umukino wa nyuma mu itsinda B urahuza Zimbabwe na Guinea Conakry mu irushanwa ry’ibihugu bya Afurika, CAN 2021.
Uyu mukino urabera kuri Sitade Ahmadou Ahidjo mu murwa mukuru wa Cameroon iri kwakira iri rushanwa, Yaounde guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa 18 Mutarama 2022.
BBC dukesha aya makuru ivuga ko Mukansanga kandi arafatanya n’abandi bamwunganira bo ku ruhande b’abagore gusa, bikaba ari ubwa mbere biraba bibaye mu mateka ya CAN.
Aba ni Carine Atemzabong wo muri Cameroon Fatiha Jermoumi wo muri Maroc baraba bari ku mpande hamwe na Bouchra Karboubi wo muri Maroc, akaba ari umusifuzi wo kuri VAR.
Muri iri rushanwa, Mukansanga aherutse kuba umusifuzi wa kane ku mukino wahuje Guinea na Malawi tariki ya 11 Mutarama 2021. Ni ubwa mbere byari bibaye mu mateka y’iri rushanwa ry’ab’igitsina gabo.
Mukansanga w’imyaka 33 y’amavuko yasifuye mu marushanwa akomeye arimo: iry’igikombe cy’Isi cy’abagore ryabereye mu Bufaransa mu 2019, asifura no mu mikino ya Olempiki yabereye mu Buyapani mu 2021. Ari mu bazatoranywamo abasifuzi mu gikombe cy’Isi cy’abagore kizahatanirwa muri New Zealand na Australia mu 2023.



