Urukiko rwafashe icyemezo cyo kutaburanisha Kabila muri dosiye ya Chebeya

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rukuru rw’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) rwafashe icyemezo cyo kutinjiza Joseph Kabila wabaye Umukuru w’Igihugu mu iburanishwa ku rupfu rw’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Floribert Chebeya n’umushoferi we, Fidel Bazana.

Ubusabe bwo kwinjiza Kabila muri uru rubanza bwari bwaratanzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu irimo La Voix des Sans Voix washinzwe na Chebeya, nyuma y’aho uyu wahoze ayobora RDC yumvikanye mu buhamya bwatanzwe muri uru rubanza.

Ubu buhamya bwatanzwe n’uwari umwofisiye mukuru ku butegetsi bwa Kabila no mu gihe General John Numbi yari umuyobozi mukuru wa Polisi, Paul Mwilambwe tariki ya 8 Ukuboza 2021 nyuma y’igihe kirekire yari amaze yaratorotse.

Muri ubu buhamya, Mwilambwe yavuze ko Numbi ari we wateguye umugambi wo kwica Chebeya na Bazana, ngo ubwo wari umaze gushyirwa mu bikorwa, amubwira ko agomba kubiceceka, we na Kabila bazakamufasha guhungira mu mahanga.

Yagize ati: “Numbi yarambwiye ngo ntuvuge ibyo wabonye. Njyewe na Perezida tugiye kukurinda, turakujyana hanze y’igihugu ariko ntugomba kuvuga byose wabonye ku biro bya Polisi y’igihugu.”

Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?Gen-Numbi-na-Kabila-batunzwe-agatoki-mu-rubanza-rw-urupfu-rwa-Chebeya-na-Bazana

Urukiko rukuru rw’igisirikare kuri uyu wa 19 Mutarama 2022, rwanzuye ko rutagomba kwinjiza Kabila muri uru rubanza kubera ko ubusabe bw’iyi miryango bwatuma hakorwa irindi perereza. Ruti: “Ku bw’amahirwe make, iki cyifuzo gishingiye ku ngingo ya 253 y’itegeko ry’igisirikare riteganya izindi ngamba z’iperereza.”

Iki cyemezo cy’urukiko nticyishimiwe n’iyi miryango.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *