Umutoza mukuru wa APR FC, Mohamed Adil Erradi yatangaje ko iyi kipe itazagumana abakinnyi b’abasatirizi badashobora kubyaza amahirwe babona mo ibitego.
Yabitangarije umunyamakuru wa RBA nyuma y’aho kuri uyu wa 22 Mutarama 2021 APR FC yari imaze kunganya na AS Kigali ubusa ku busa.
Uyu mutoza ntiyishimiye imyitwarire y’iyi kipe by’umwihariko ku busatirizi, kuko ntiyumva uburyo babonye uburyo 18 bari kubyazamo umusaruro w’ibitego, ariko bakaburamo na kimwe kibahesha intsinzi.
Yagize ati: “A.S Kigali yaremye uburyo bungahe? Bubiri. Twaremye uburyo bungahe? Cumi n’umunani. Tujye tuvugisha ukuri, ni nde wari ku rwego rwo hejuru?”
Yongereyeho ko APR FC itazagumana abasatirizi badashoboye gutsinda ibitego. Ati: “Umukinnyi utazashobora kumenya agaciro ka APR FC no kumenya ko agomba gukora ikinyuranyo imbere y’izamu, si aha abarizwa. APR FC ni ikipe iharanira intsinzi.
Adil avuga ko abasatirizi ba APR FC bagomba kumenya gutsinda ibitego ndetse akabona ko mu kipe no mu yandi ahataniye shampiyona na yo hakwiye ibiganiro bishakira umuti ikibazo cyo gutsinda ibitego gikomeje kugirana, kugira ngo n’ikipe y’igihugu izabyungukiremo.
Umukinnyi wayihuje na AS Kigali watumye APF FC isubira ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona. Ifite amanota 28 n’ibirarane by’imikino ibiri, na ho Kiyovu Sports ya mbere ifite amanota 29.



4 Responses
Umutoza Adil yavuze ko APR FC itazagumana abakinnyi badashoboye gutsinda ibitego
A perfect yak ago by liana a natal abating banana manage
Umutoza Adil yavuze ko APR FC itazagumana abakinnyi badashoboye gutsinda ibitego
A perfect yak ago by liana a natal abating banana manage
Umutoza Adil yavuze ko APR FC itazagumana abakinnyi badashoboye gutsinda ibitego
A perfect yak ago by liana a natal abating banana manage
Umutoza Adil yavuze ko APR FC itazagumana abakinnyi badashoboye gutsinda ibitego
A perfect yak ago by liana a natal abating banana manage