Inyeshyamba zo mu mutwe w’ Abatalibani zatangiye kugira ibyo zisaba Donald Trump

Sangiza iyi nkuru

Abatalibani boherereje Amerika amashusho bavuga ko perezida mushya Donald Trump ari we bashaka ko abegera bakaganira ku kibazo cy’imfungwa zabo zifungiwe muri Amerika bitaba ibyo izi ntagondwa zikagumana abagabo babiri zafashe bugwate guhera mu kwezi kwa Kamena 2016.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Videwo yashyizwe ku rubuga rwa twitter rw’intagondwa z’Abatalibani kuri uyu wa 11 Mutarama 2017 yerekana abagabo babiri umwe ukomoka muri Amerika n’undi w’umunya-Australian bombi bari abarimu muri kaminuza y’Abanyamerika iherereye muri Afghanistan i Kabul.
Reba Video Abatalibani boherereje Trump #Taliban Release Video Of Australian, #American Hostages https://t.co/Y3bPd5xOu3 pic.twitter.com/MbpMFj730u

Ni ubwa mbere hari hagaragajwe irengero ry’aba bagabo barimo Umunyamerika witwa Kevin King n’umunya- Australia witwa Timothy Weekes, kuva bashimutwa
Mu kwezi kwa Nzeri 2017 ubutegetsi bw’Amerika bwari bwohereje abasirikari bagomba gutabara aba bashimuswe ariko birangira zitabashije kumenya aho bafungiwe,
Videwo yoherejwe n’umuvugizi w’umutwe w’Abatalibani, Zabihullah Mujahid, yagaragaye avuga ko uyu mutwe usaba perezida mushya w’Amerika Donald Trump yarekura imfungwa z’uyu mutwe zifungiwe muri Amerika kugirango habeho guhererekanya abafungwa.

new-picture-2
Aba nibo bashimuswe

Mark Toner umuvugizi wa leta y’Amerika yatangarije AFP dukesha iyi nkuru ko Amerika yari igikomeje kwiga ku buziranenge bw’aya mashusho ariko ko bitaremezwa niba koko niba ari Abatalibani bayohereje, uyu mugabo wanze kugira bwinshi avuga kuri iki gikorwa cy’Abatalibani yavuze gusa ko gushimuta abasivile ari ikosa kandi ko Amerika itazabishyigikira na rimwe.
Abatalibani bahisemo ko Trump uzatangira kuyobora Amerika ku wa 20 Mutarama 2017 yaba ari we ukurikirana iki kibazo nyuma y’uko Obama we yababereye ibamba.
Leta ya Australia yo yasohoye itangazo rivuga ko yifuza gukorana n’ibihugu bitandukanye kugirango irokore umuturage wayo washimutiwe muri Afghanistan muri Kanama 2016, muri iryo tangazo Australia yavuze ko igihugiye mu gushakisha imyirondoro y’uyu washimuswe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umutwe w’Abatalibani ugizwe n’abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu bwoko bw’Abasuni barwanya leta ya Afghanistan bifuza ko yagengwa n’amategeko y’iri dini, uyu mutwe washinzwe kuva mu 1994.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *