Nigeria: Umukecuru w’imyaka 102 arateganya kwiyamamariza umwanya wa Perezida

Sangiza iyi nkuru

Umukecuru wo muri Nigeria ufite imyaka ijana n’ibiri (102) y’amavuko witwa Nonye Josephine Ezeanyaeche yatangaje ko yiteguye kwiyamamariza kuyobora iki gihugu mu matora ateganyijwe mu mwaka wa 2023.

Uyu mukecuru ubusanzwe witwa umunyabigwi cyangwa “Mama Africa” utuye muri leta ya Anambra akaba ari we washinze itsinda ryitwa ‘Ijwi ry’abaturage bakuze muri Nigeria.

Mu minsi ishize aherutse gusura abagize itsinda rya televiziyo ya NTA (Nigerian Television Authority) akaba ariho yavugiye ko yiteguye kwiyamamaza mu gihe abakiri bato batahaguruka ngo biyamamaze.

Caro Nwosu, Perezida w’iri tsinda yemeje umugambi w’uyu mukecuru ati: “Niba Abanyanijeriya bari gutinya kujya muri politiki, yavuzeko yiteguye kwiyamamaza. Yamaze gutegura ibisabwa byose. Afite icyerekezo, mu gihe abakiri bato bakomeza kwihisha ntibiyamamaze.”

Igihugu cya Nigeria kiyobowe na Perezida Muhammadu Buhari guhera tariki ya 29 Gicurasi 2015.

Yanditswe na David Niyobuhungiro

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *