Karake wo mu Rukiko rw’Ikirenga yigaramye ruswa yafatiwe mu cyuho na RIB yakira

Sangiza iyi nkuru

Karake Afrique ukora mu Rukiko rw’Ikirenga yigaramye amafaranga bikekwa ko ari ruswa yafatiwe mu cyuho n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ayakira, avuga ko ari ayo yishyurwaga n’uwari ayamurimo.

Mu intangiriro za Gashyantare 2022 ni bwo RIB yatangaje ko yataye muri yombi Karake, nyuma yo kumufatira mu cyuho yakira Frw Miliyoni 1.4.

RIB icyo gihe yavuze ko ayo mafaranga yari Avance y’umuntu watsinzwe urubanza rwe rwari rugeze mu bujurire Karake yari yasabye ko yamuha Frw Miliyoni 10 yo guha umucamanza, kugira ngo afashwe kurutsinda. Uwo muntu yaje kuba amushakiye Frw Miliyoni 1.4 ya Avance, kugira ngo amwereke ko afite ubushake bwo kumuha ayo bumvikanye yose ari na bwo RIB yaje kumucakira ayakira.

Kuwa 09 werurwe 2022 nibwo Karake yagejejwe bwa mbere imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuva yatabwa muri yombi, aburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Umwirondoro we werekana ko atuye mu mudugudu w’Ibuhoro, mu kagali ka Nyagatovu ho mu murenge wa Kimironko w’akarere ka Gasabo.

Karake Afrique w’imyaka 39 y’amavuko, asanzwe ari umushakashatsi mu by’amategeko mu Rukiko rw’Ikirenga.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kijyanye na Frw Miliyoni 1.4 y’umutueage wari ufite urubanza mu rukiko RIB yamucakiye yakira.

Ubwo yagezwaga Imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ngo atangire kuburanishwa, yaburanishijwe n’inteko y’umucamanza umwe, n’ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n’umushinjacyaha umwe wo ku rwego rw’igihugu.

Karake Afrique yagaragaye yari yunganiwe n’umunyamategeko witwa Me Twizeyimana Innocent.

Uyu mugabo kuva yatangira kubazawa haba muri RIB, mu bushinjacyaha ndetse n’imbere y’urukiko, yahakanye icyo cyaha avuga ko ari amafaranga ye yishyurwaga n’uwo yari yarayagurije witwa Lambert.

Iburanisha rye ryabaye ritinze cyane kuko Karake hari Dosiye ze zari mu bushinjacyaha yari atarabona. Ni iburanisha ryatangiye Saa saba n’igice risozwa Saa kumi nimwe z’umugoroba.

Imiterere y’icyaha Karake akurikiranweho

Umucamanza yatangiye aha umwanya ubushinjacyaha ngo buvuge impamvu bwazanye imbere y’urukiko Karake Afrique.

Bwavuze ko yafatiwe mu cyuho ku wa 11 Gashyantare yakira Frw Miliyoni 1.4 y’uwitwa Murangira Jean Bosco, uyu akaba umuhungu w’uwitwa Gahiga karitesa Ngezi usanzwe uburana n’umuvandimwe we witwa Ange Gahiga urubanza ruri mu Rukiko rw’Ubujurire.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Karake yizezaga uwamuhaga ariya mafaranga ko ayaha umucamanza, kugira ngo azabashe gutsinda umuvandimwe we. Buvuga ko Karake yari yijeje uyu Murangira ko byanze bikunze bagomba gutsinda urwo rubanza mu gihe baba bemeye kumuha ibyo abasaba.

Ubushinjacyaha bwahise busaba urukiko ko Karake Afrique afungwa iminsi 30 muri Gereza ya Nyarugenge kuko bugikora iperereza ku cyaha yakoze.

Karake yigaramye ruswa ashinjwa

Karake Afrique ubwo yahabwaga umwanya ngo yiregure ku byavuzwe n’ubushinjacyaha, yabwiye urukiko ko amafaranga yafatanywe ari ayo Murangira yamwishyuraga kuko yari yamubwiye ko afite ikibazo cyihutirwa, ajya kuyabikuza muri Banki ya Kigali (BK) arayamuguriza.

Yavuze ko tariki ya 10/02/2022 uwitwa Murangira Jean Bosco yamugujije Frw Miliyoni 1.8 amubwira ko azamwungukira Frw 200,000, arayamushakira arayamuha. Ngo bukeye bwaho uwo Murangira yamubwiye ko abaye amuboneye Frw Miliyoni 1.4, ayamushyira mu kabari yarimo mu Kiyovu.

Icyo gihe ngo yamubwiye ko Frw 600,000 yari asigaye yari kuzayamuha nyuma y’ibyumweru bibiri.

Ati: “Mu kuyafata nibwo RIB yahise iza iramfata iranamfotora.”

Ayo mafaranga Karake yabwiye urukiko ko afite ibimenyetso byose bigaragaza ko ari ayo yishyurwaga, ati: “n’ikimenyimenyi mugiye muri BK mwabona uko nabikuje ayo mafaranga.”

Uyu mugabo yasoje asaba urukiko kumurekura by’agateganyo, kuko nta mpamvu zikomeye zigize icyaha zatuma afungwa cyangwa akaba yatoroka ubutabera.

Nyuma y’amasaha ane n’igice ubushinjacyaha na Karake Afrique baburana, umucamanza yapfundikiye iburanisha avuga ko icyemezo ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo gifatwa kuri uyu wa mbere tariki ya 14 werurwe 2021.

NKUNDINEZA@2022

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Karake wo mu Rukiko rw’Ikirenga yigaramye ruswa yafatiwe mu cyuho na RIB yakira
    Hari inyandiko bagiranye c ayamuguriza??

  2. Karake wo mu Rukiko rw’Ikirenga yigaramye ruswa yafatiwe mu cyuho na RIB yakira
    Hari inyandiko bagiranye c ayamuguriza??

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *