U Burusiya bwamenyesheje abanyamahanga barwanira Ukraine ko buzabica nta mpuhwe

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’ingabo z’u Burusiya, Maj. Gen Igor Konashenkov yatangaje ko bazi aho abanyamahanga bose bari gufasha Ukraine mu ntambara baherereye, abamenyesha ko bazicwa nta mpuhwe.

Nk’uko ikinyamakuru RT cyegamiye kuri Leta y’u Burusiya kibivuga, Gen. Konashenkov yabitangaje kuri uyu wa 14 Werurwe 2022, yihanangiriza abanyamahanga bo mu burengarazuba bw’Isi bikomeje gushishikariza kujya gufasha Ukraine muri iyi ntambara.

Yagize ati: “Ahantu hose abacancuro b’abanyamahanga baherereye muri Ukraine turahazi. Ndagira ngo mbaburire na none. Nta mpuhwe tuzagirira abacancuro, aho bazaba bari hose ku butaka bwa Ukraine.”

Uyu musirikare yatangaje kandi ko u Burusiya butagomba kuzabazwa aba banyamahanga bwita abacancuro bazicirwa muri iyi ntambara, ngo ahubwo bagomba kubazwa abayobozi bo mu bihugu byo mu burengerazuba babashishikarije kwishorayo.

Gen. Konashenkov atanze uyu muburo nyuma y’aho ku wa 14 Werurwe ingabo z’u Burusiya zirashe misile ku birindiro by’ingabo bya Yavorov no hafi y’agace ka Starchi kari mu burengerazuba bwa Ukraine, zikemeza ko zishemo abanyamahanga bagera ku 180.

Muri iki gitero ibitangazamakuru byo mu Bwongereza byemeza ko hiciwemo abarwanyi b’Abongereza batatu, Leta ya Ukraine yemeza ko nta munyamahanga wapfiriyemo, ngo ahubwo hiciwemo abasivili 35, abandi 130 barakomereka.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. U Burusiya bwamenyesheje abanyamahanga barwanira Ukraine ko buzabica nta mpuhwe
    Bnjr, nivyiza ko muza muganga amakuru atohojwe neza

  2. U Burusiya bwamenyesheje abanyamahanga barwanira Ukraine ko buzabica nta mpuhwe
    Bnjr, nivyiza ko muza muganga amakuru atohojwe neza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *