Umugabo akurikiranyweho gutwikira mu nzu abana be babiri

Sangiza iyi nkuru

Umugabo witwa Endris Mohammed w’imyaka 46 y’amavuko ukomoka mu gihugu cya Birmingham gihana imbibi n ’u Bwongereza arashinjwa ibyaha byo kwihekura aho akekwaho kuba yaratwikiye mu nzu abana be 2, Saros Endris w’imyaka 8 ndetse na mushiki we Leanor Endris w’imyaka 6 y’amavuko.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Endris Mohammed ushinjwa kwica abana be 2
Endris Mohammed ushinjwa kwica abana be 2

Ushinzwe gutanga amakuru mu gace bariya bantu babamo, Nick Barnes avuga ko uyu mugabo yari mu nzu aryamye na bariya bana be ubwo inzu yafatwaga n’inkongi ariko aba bana bagatabarwa n’abaturanyi ndetse n’inzego zishinzwe kuzimya mu gihe se yari yigendeye ariko na we akaba yari yakomeretseho gato kubera umuriro.
Inzego z’iperereza zivuga ko aba bana bashobora kuba batarishwe n’umuriro ahubwo bari bishwe bityo iperereza rikaba ryerekana ko uyu mugabo yari yabishe yarangiza agatwika inzu ngo ayobye uburari.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
capture2
Uyu mugabo akurikiranyweho ibi byaha nyuma yo gushinjwa gushaka kwica nyina ubabyara, Penil Teklehaimanot mu mpera z’umwaka ushize wa 2016 Imana igakinga akaboko.
Iperereza riracyakomeje kuri uyu mugabo ngo nahamwa n’icyaha cyo gushaka gutsemba umuryango we woe aakanirwe urumukwiye gusa ibyo yaba apfa na bo ntikigaragazwa.
@Bwiza,com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *