Kanani Jean Robert, nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura witwa Uwimpuhwe Josiane, afungiwe kuri sitasiyo y’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) ya Nduba mu karere ka Gasabo guhera tariki ya 23 Kanama 2022.
Uwo munsi ni bwo ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru hasakaye amakuru avuga ko umukarani w’ibarura wari mu kazi, tariki ya 22 Kanama yarumiwe n’imbwa mu gipangu cy’umukire, ayishumurijwe na nyirayo.
Ibiro by’akarere ka Gasabo uwo munsi byasobanuye ko imbwa itashumurijwe uyu mukarani, ahubwo byatewe n’ubwoba yagize ubwo yayibonaga. Biti: “Twihanganishije uyu mukarani w’ibarura. Ubwo yageraga kwa Kanani, yasanze hakinguye arinjira,
umwana yaje kureba uwinjiye ari kumwe n’imbwa, ayibonye agira ubwoba, ahungira ku mwana, aragwa, ihita imurya, arakomereka. Yaratabawe agezwa kwa muganga yitabwaho, kugeza n’ubu nyirimbwa ni we wishyura ikiguzi. Turasaba abaturage bafite imbwa gucungira hafi amatungo yabo kugira ngo adateza impanuka.”
Umunyamakuru wa BWIZA yageze mu rugo rwa Kanani ruherereye mu mudugudu w’Agatagara, akagari ka Gasanze, umurenge wa Nduba mu karere ka Gasabo, aganiriza umugore wa Kanani, abari mu rugo rwe ubwo umukarani yakomeretswaga n’imbwa barimo abafundi bahakoreraga igikorwa cy’ubwubatsi ndetse n’abaturanyi be.

Umufundi wari muri uru rugo yasobanuye ati: “Mu bigaragara imbwa yamuriye ishaka gutabara umwana. Na we naramubwiraga nti ‘rekura uwo mwana iyo mbwa itakurya.’ Kubera na we igihunga n’ubwoba, arakomeza afata umwana, birangira baguye hasi, n’umwana yakomeretse ku mazuru, imbwa rero ibona kumwataka neza yaguye hasi. Ni bwo yamuriye.”
Umugore wa Kanani yavuze ko amakuru yayabwiwe kuko byabaye ari mu kazi. Ati: “Njyewe nabyumvise ndi mu kazi, barampamagara, ngo imbwa iriye umuntu wari uje kubarura. Barambwira ngo yari aje, hanyuma hano hari umwana, ari gukina n’imbwa, hanyuma umudamu ngo arakomanga, uyu mumama uvuye aha ngaha aramubwira ngo ube uretse kwinjira hatagize umuntu uza kugutwara mu gipangu, twabonye imbwa ifunguye.
Uwo mumama arakomanga, imbwa ihita imoka, umwana ajya kureba impamvu imbwa imotse, aramubwira ngo ngwino unyijize, arafungura, amaze gufungura, imbwa na yo iza ibasanga, umumama ahita agira ubwoba, yihisha ku mwana, imbwa na yo iza ije gukiza umwana, uko akomeza kwihisha ku mwana ni bwo umumama yarushije imbaraga umwana, umwana yikubita hasi hanyuma imbwa na yo ngo ihita imutera inzara.”
Umuturanyi wabo witwa Jean Chrysostome yahamije ko nta ruhare Kanani yagize mu gukomereka kw’uyu mukarani. Ati: “Kanani nta ruhare afite rwo kuba wenda yarashumurije imbwa uwo mukarani w’ibarura. Ahubwo yumvise akaruru, ahita ahurura, ajya kumukiza. Donc yari mu nzu hanyuma yumvise akaruru, araza. Noneho Kanani ajya kumuvuza kwa muganga. Yemwe yarishye n’ibihumbi 60.”
Kanani akurikiranweho icyaha cyo kubabaza umubiri w’umuntu atabigambiriye.









18 Responses
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Burya imbwa ni inshuti nziza ikwiriye kwizerwa. Iyi mbwa yakoze akazi kayo ko kurinda umwana no kumutabara, Nyir’ imbwa cg boss ndumva nta ruhare yabigizemo gusa na none akwiye kubazwa impamvu itungo rye ritari riziritse,ariko habeho kumvikana
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Burya imbwa ni inshuti nziza ikwiriye kwizerwa. Iyi mbwa yakoze akazi kayo ko kurinda umwana no kumutabara, Nyir’ imbwa cg boss ndumva nta ruhare yabigizemo gusa na none akwiye kubazwa impamvu itungo rye ritari riziritse,ariko habeho kumvikana
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Gufungwa nk’uwateguye umugambi wo gukora icyaha biveho ariko indishyi z’akababaro z’uwahohotewe byishyutwe na nyir’itungo ryakoze ihohotera kuko ubumara bw’imbwa ni ikitinderwa mu gihe kizaza bushobora kumugiraho izindi ngaruka.Ese ubundi imbwa ku manywa ntizirirwa zishumiyse cg zifunze?Uwo mwana wirirwa akina n’imbwa iryana se angana iki?Niwe muzamu?uru rugo nta mukozi wo mu rugo rugira?
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Gufungwa nk’uwateguye umugambi wo gukora icyaha biveho ariko indishyi z’akababaro z’uwahohotewe byishyutwe na nyir’itungo ryakoze ihohotera kuko ubumara bw’imbwa ni ikitinderwa mu gihe kizaza bushobora kumugiraho izindi ngaruka.Ese ubundi imbwa ku manywa ntizirirwa zishumiyse cg zifunze?Uwo mwana wirirwa akina n’imbwa iryana se angana iki?Niwe muzamu?uru rugo nta mukozi wo mu rugo rugira?
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Aho baramurenganyije rwose! Keretse nimba yarayishumurije bimwe by’urugomo
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Aho baramurenganyije rwose! Keretse nimba yarayishumurije bimwe by’urugomo
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Agomba guhanirwa kutazirika imbwa ye!
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Ntakwiye guhanwa. Imbwa yari mugipangu ntisohotse hanze, ikindi ntawayishhumurije, gusa niba itarikingiwe nibyo yabazwa gusa, ibisigaye kumufunga ni akarengane kuko gutunga Imbwa si icyaha
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Ntakwiye guhanwa. Imbwa yari mugipangu ntisohotse hanze, ikindi ntawayishhumurije, gusa niba itarikingiwe nibyo yabazwa gusa, ibisigaye kumufunga ni akarengane kuko gutunga Imbwa si icyaha
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Agomba guhanirwa kutazirika imbwa ye!
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Kuba yaragiye kumuvuza ndumva ntabundi bugome yari afite
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Kuba yaragiye kumuvuza ndumva ntabundi bugome yari afite
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Iyo umukire agukandagiye uravuga ngo ikirenge cyanyu Kiri hejuru y’icyanjye,iyo imbwa y’umukire ikuriye uramubwira UTI”itungo ryanyu ririmo gufungira akaguru Kanjye”imbwa y’umukire yitwa itungo
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
Iyo umukire agukandagiye uravuga ngo ikirenge cyanyu Kiri hejuru y’icyanjye,iyo imbwa y’umukire ikuriye uramubwira UTI”itungo ryanyu ririmo gufungira akaguru Kanjye”imbwa y’umukire yitwa itungo
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
None se ubuhamya bukeneye nubwa banyirimbwa cg nubw,uwariwe n,imbwa?
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
None se ubuhamya bukeneye nubwa banyirimbwa cg nubw,uwariwe n,imbwa?
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
None se ubuhamya bukeneye nubwa banyirimbwa cg nubw,uwariwe n,imbwa?
Gasabo: Nyir’imbwa yakomerekeje umukarani w’ibarura amaze iminsi afunzwe
None se ubuhamya bukeneye nubwa banyirimbwa cg nubw,uwariwe n,imbwa?