Salva Kiir, Museveni n'abandi muri uyu muhango

Sudani y’Epfo: Abarenga 200 bapfiriye mu myitozo y’igisirikare

Sangiza iyi nkuru

Visi Perezida wa Sudani y’Epfo, Riek Machar, yatangaje ko abantu barenga 200 bari mu myitozo y’igisirikare bapfuye, bazize ibibazo bitandukanye.

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe na Perezida wa Sudani, Salva Kiir, yabitangarije mu muhango wo gusoza amasomo ababarirwa mu bihumbi bari bamazemo igihe, wabaye kuri uyu wa 30 Kanama 2022.

Muri uyu muhango witabiriwe n’abarimo Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Kiir yatangaje ko aba basirikare bashya bahujwe ku ruhande rwe n’urwa Machar banyuze mu bihe bikomeye ariko by’ingenzi.

Yagize ati: “Mu masezerano y’ubwumvikane, umuhango wo gusoza amasomo y’ingabo zihujwe hashingiwe ku mutwe wa 2 wari ugoye ariko wari ingenzi.”

Machar na we mu ijambo yagejeje kuri aba basirikare bashya, yababwiye ko bagenzi babo batorejwe mu bigo bitandukanye barenga 200 bapfuye, bazize ibibazo bitandukanye. Ati: “Bagenzi banyu barenga 200 bapfiriye mu bigo by’imyitozo 18, bamwe bishwe n’indwara, nta miti babonye, bamwe bishwe n’inzara kubera ko nta biryo byari bihari.”

Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, UNMISS, yashimiye Leta kuba yaremeye kumvikana na Machar utavuga rumwe na yo, impande zombi zigahuza imbaraga mu rwego rw’umutekano.

Salva Kiir, Museveni n'abandi muri uyu muhango
Salva Kiir, Museveni n’abandi muri uyu muhango

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *