Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel, kuri uyu wa 6 Nzeri 2022 arakira indahiro z’abantu 90 barangije amahugurwa yo kugenza ibyaha mu buryo bwa kinyamwuga.
Nk’uko urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwabitangaje, uyu muhango uri kubera mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu karere ka Musanze.
Mu barangije aya mahugurwa harimo abapolisi 25 ndetse n’abasirikare 5. RIB yabyemeje iti: “Mu basoje aya mahugurwa, harimo abapolisi 25, abasirikare 5 n’abandi bo mu nzego z’umutekano bafite aho bahurira n’ubugenzacyaha.”
Uyu muhango witabiriwe kandi n’Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Colonel (Rtd) Jeannot Ruhunga, abo mu miryango y’abarangije amahugurwa, abakozi ba RIB, abapolisi ndetse n’abasirikare.
Nyuma yo kurahira, abarangije aya mahugurwa baratangira imirimo nk’abagenzacyaha b’umwuga.




