Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia yifurije iki gihugu umwaka mushya muhire w’2015 watangiye kuri uyu wa 11 Nzeri 2022, hashingiwe ku ngengabihe (calendar) isanzwe.
Iyi Ambasade yagize iti: “Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda muri Ethiopia irabifuriza umwaka mushya mwiza w’2015. Melkam Addis Amet.”
Ethiopia igira ingengabihe yihariye ituma isigara inyuma imyaka 7 ugereranyije n’ingengabihe isanzwe.
Yemera ko umwaka ugira iminsi 365, amasaha 6, iminota 2 n’amasegonda 24. Ugira amezi 13 arimo 12 buri kumwe kugira iminsi 30 n’ukundi kwa nyuma kwitwa Pagume kugirwa n’iminsi itanu cyangwa 6.
Ikinyamakuru The Record gisobanura ko Pagume ari iminsi iba yaribagiranye mu gihe umwaka ubarwa.
Abo muri Ethiopia bizera ko umwaka utangirwa n’ukwezi kwitwa Meskerem. Ni izina rikomoka mu rurimi rwa Amhara rukoreshwa muri iki gihugu.


