Moussa Camara yahishuye ibanga ry’ikipe ya Mali, “Onze Createurs” bagiye guhura

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe ikipe ya Rayon Sports yitegura kwerekeza i Bamako muri Mali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe 2017, mu mukino wa 2 w’ijonjora ry’umukino wa CAF Confederation Cup, Moussa Camara yahishuye amabanga y’ikipe y’iwabo mu gihugu cye ya “Onze creatures” bagiye guhura.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikipe ya Rayon Sports yavuze ko uyu mukinnyi yatangaje ko iyi kipe bagiye guhura mu mukino uteganyijwe kuwa gatandatu ikunda gukoresha imipira yo ku mpande cyane bityo agasanga bisaba ko bazazibira izo mpande bagakinira hagati.
Biteganyijwe ko nyuma y’uyu mukino hazaba undi wo kwishyura uzabra i Kigali mu mpera z’icyumweru gikurikiraho.
Naho ku ruhande rw’umutoza Massudi Djuma, we avuga ko atazi neza iyo kipe ariko ko basesenguye amashusho y’imikino yayo babifashijwemo na Moussa ndetse na Tidiane Koné bakomoka muri kiriya gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mutoza yakomeje avuga ko kuba aba bakinnyi bayihaye ubusobanuro ku ikipe bagiye guhangana bizafasha Rayon Sports kwitwara neza mu kibuga imbere y’ikipe bazaba bahuye bwa mbere.
Yagize ati: ikipe ya Onze Createurs, ikomeye ku mipira yo ku mpande. Nitubasha guhangana na yo tukayikinisha umupira wo hagati, tuzayitsinda nta kabuza.”
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *