RDC: Umukuru w’inyeshyamba za Mai-Mai Sheka yishyikirije MONUSCO

Sangiza iyi nkuru

Umukuru w’inyeshyamba z’umutwe wa Mai-Mai Sheka, Ntabo Ntaberi, yishyikirije MONUSCO kuri uyu wa gatatu, itariki 26 Nyakanga nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga.

Uyu Ntabo Ntaberi yishyize mu maboko ya MONUSCO mu gihe yari yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi kubera ibyaha byibasiye inyokomuntu akurikiranweho. Ari kandi ku rutonde rw’Abakongomani bafatiwe ibihano n’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kuwa 06 Mutarama 2011, Ubutabera bwa Congo bwasohoye urupapuro rwo guta muri yombi Ntabo ashinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo gufata ku ngufu abantu benshi ariko yari atari atabwa muri yombi.

Ntabo Ntaberi Sheka kandi ashinjwa n’Akanama k’Umutekano ka Loni gukora ibyaha bikomeye byo guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Capture 19

Muri Nyakanga 2014, igisirikare cya Congo gifatanyije n’ingabo za MONUSCO, batangiriye ibikorwa bya gisirikare byo guhiga no kurandura imitwe yitwaje ibirwanisho ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru, ku mutwe wa Mai-Mai Sheka muri Teritwari ya Walikale.

Nk’uko bitangazwa n’umwe mu bakuriye ibi bikorwa, ngo guta muri yombi Sheka yari imwe mu ntego bari bafite ariko biza kunanirana kubera ahantu Walikale iherereye ngo hasa nk’ahataba imihanda.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *