Somalia: Ingabo za leta zasubiraniyemo hafi y’ingoro ya perezida batandatu barahagwa

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare 6 ba Somalia barimo umuyobozi mu rwego rw’ubutasi baguye mu mirwano yabaye nyuma yo gusubiramo hagati y’ingabo za leta bikaba ngombwa ko zirasanira hafi y’ingoro y’umukuru w’igihugu.

Iyi mirwano biravugwa ko yabaye kuri uyu wa Gatatu, hagati y’ingabo za leta zisanzwe n’izo mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi n’Umutekano w’igihugu (NISA). Abandi benshi bakomeretse mu gihe mu bapfuye harimo komanda mukuru muri NISA, Isse Jijile nk’uko byemejwe na guverinoma.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Dushobora kwemeza ko ibyabaye uyu munsi byatumye hapfa abasirikare bacu batandatu nyuma y’aho ingabo za guverinoma zirasanye by’impanuka ”, ibi akaba ari ibyatangajwe na minisitiri w’ingabo, Abdirashid Abdullah mu kiganiro n’itangazamakuru afatanyije n’umuyobozi mukuru wa NISA.

Umuyobozi wa NISA avuga ko hatangiye iperereza ngo hamenyekane icyateye uku gusubiranamo kw’ingabo nk’uko iyi nkuru dukesha Africanews ikomeza ivuga.

Ibinyamakuru byo muri Somalia ariko byo biravuga ko iyi mirwano yadutse nyuma y’aho abasirikare bari bari kuri bariyeri bangiye ko imodoka zari ziherekeje komanda Isse Jijille zitambuka.

Iki cyemezo ngo akaba ari cyo cyatumye haduka imirwano habaho kurasana uyu Isse Jijille abigenderamo na bamwe mu barinzi be nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru Shabelle.

Inzego z’umutekano za Somalia ubusanzwe zifatanya mu guhangana n’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab, ushaka guhirika Guverinoma ya Somalia, ukiriukana ingabo za Afurika Yunze Ubumwe ziri muri iki gihugu, ubundi ugashyiraho ubutegetsi bugendera ku matwara ya kisilamu.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *