Burundi: Uwahoze akuriye Imbonerakure wagize uruhare mu kwamagana u Rwanda yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze akuriye Imbonerakure zo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, muri Bujumbura witwa Christian Gahomera ari muri kasho y’inzego z’ubutasi z’u Burundi kuva kuwa 01 kanama 2017, aho ngo akurikiranweho gutekera umutwe umunyemari wo muri Bujumbura ashaka kumwambura miliyari 2 z’Amarundi.

Amakuru aturuka mu begereye ishyaka CNDD agera kuri RPA dukesha iyi nkuru, aravuga ko Christian Gahomera bakunda kwita Kiki, yatawe muri yombi kubera ko yagerageje gutekera umutwe umunyemari wo muri Bujumbura ngo amwambure akayabo ka miliyari 2 z’Amarundi. Uyu akaba yatawe muri yombi n’urwego rwahoze rumukoresha, aho ngo ikibigaragaza ari uko yanambuwe imodoka yagendagamo ndetse n’abapolisi bari bashinzwe kumurinda.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu Christian gahomera yakunze gushinjwa ibyaha by’ubutekamutwe no kujujubya abaturage mu murwa mukuru, Bujumbura. Uyu wigeze no kuba umukozi w’urwego rw’ubutasi rw’u Burundi (SNR), anatungwa urutoki n’abaturanyi be bamushinja gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iyi mbunda ye nayo ngo ikaba yarateje urunturuntu ubwo uyu yagaragaraga ayifite mu myigaragambyo yari yateguwe n’ubutegetsi yo kwamagana u Rwanda na perezida warwo, aho barushinjaga gushyigikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Itabwa muri yombi rya Gahomera rije ryiyongera ku zindi Mbonerakure zimaze gutabwa muri yombi ndetse harimo n’izishwe muri iyi minsi ishize. Bamwe bakaba bakeka ko uku guhiga Imbonerakure bishobora kuba biri mu migambi ya leta y’iki gihugu yo gusibanganya ibimenyetso by’ababaye abatangabuhamya cyangwa abakoreshejwe mu guhonyora uburenganzira bwa muntu mu Burundi.
 
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *