Tanzania: Perezida Magufuli ntakozwa ibyo kuguma ku butegetsi nyuma ya manda 2 yemerewe

Sangiza iyi nkuru

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania, kuri uyu wa Mbere yamaganye ubusabe bw’abamushyigikiye bifuza ko yazakomeza kuyobora Tanzania nyuma ya manda 2 z’imyaka 5 yemererwa n’itegeko nshinga.

Ibihugu bitandukanye byo mu karere birimo Uganda, u Burundi ndetse n’u Rwanda byahinduye itegeko nshinga kugirango abayobozi babyo bagume ku butegetsi nyuma ya manda bemererwaga n’itegeko nshinga ryavuguruwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Naho perezida John Magufuli wa Tanzania we ati: “ Ntibishoboka. Nzubaha itegeko nshinga ”, ibi akaba yabitangarije mu mujyi wa Tanga nyuma y’aho umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania ukomoka mu ishyaka CCM riri ku butegetsi, asabiye ko magufuli yategeka imyaka 20.

Perezida Magufuli ati: “ Narahiriye kurinda itegeko nshinga.. nzakora uruhare rwanjye mpereze ubuyobozi perezida uzakurikira igihe nikigera .”

Igihugu cya Tanzania ni kimwe mu bihugu bikeya byo munsi y’ubutayu bwa Sahara kirangwa na demokarasi, kikaba kimaze kubamo amatora inshuro 5 kuva mu 1995 agenda neza nubwo yose atsindwa n’ishyaka riri ku butegetsi Chama Cha Mapinduzi (CCM).

Magufuli yatorewe manda ya mbere yo kuyobora Tanzania mu Ukwakira 2015 ariko ntaragaragaza niba aziyamamariza indi manda mu 2020. Ariko naramuka abikoze agatsinda, ntazaba yemerewe kuziyamamaza mu 2025 nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ariko ku rundi ruhande bo bavuga ko abashyigikiye Magufuli baba bari gushaka mu ibanga uko yazaguma ku butegetsi nyuma ya manda 2 yemerewe.

Ali Hassan Mwinyi wigeze kuyobora Tanzania kuva mu 1985 kugeza mu 1995, akaba akomoka mu ishyaka riri ku butegetsi, CCM, yagaragaje bwa mbere iki gitekerezo cy’uko Magufuli yazakomeza kuyobora mu kwezi kwa Kamena.

Iyo bitaba igihe ntarengwa cya manda, nari gusaba ko Magufuli yazaba perezida wacu ubuziraherezo ,” ibi Mwinyi akaba yarabitangarije imbaga mu murwa mukuru, Dar es Salaam.

Perezida Magufuli bahimbye akazina ka “Bulldozer” kubera ubuyobozi bwe butarebera amafuti, amaze gushimirwa n’amahanga imbaraga ashyira mu kurwanya ruswa, mu gihe abatavuga rumwe nawe bamushinja kubabangamira no kudafungura urubuga rwa demokarasi.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *