Real Madrid na Manchester United barahatanira igikombe cy’ikirenga i Burayi

Sangiza iyi nkuru

Amakipe yo ku mugabane w’u Burayi yatwaye ibikombe bibiri biruta ibindi bihuza amakipe kuri uwo mugabane arahatanira igikombe cy’ikirenga Super Cup, uyu munsi.
Ayo ni Real Madrid yo mu Espagne yatwaye igikombe cya UEFA Champions League gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo kuri uyu mugabane na Manchester United yo mu Bwongereza yatwaye Europa League.
Ni igikombe gikinirwa buri mwaka kuri uyu mugabane, umukino w’uyu munsi urabera kuri sitade ya Philip II Arena Stadium in Skopje muri Repubulika ya Macédoine, ikinirwaho n’amakipye ya FK Vardar, iya FK Rabotnicki ndetse n’ikipe y’igihugu ifite ubushobozi bwo kwakira abantu basaga ibihumbi 36, uraba saa 20:45 z’iijoro.
man
Uyu mukino witezweho impinduka zitandukanye zirimo kuruhuka kabiri mu gihe amakipe yaruhukaga rimwe. Ni ukuvuga ko ku munota wa 30 baza kuruhuka bakongera ku wa 75, birakorwa kubera ubushyuhe bwo hejuru bwa degree Celsius 40 buba buri kuri icyo kibuga, icyo gihe amakipe yombi arajya gushaka amafu.
Biribazwa kandi niba umukinnyi umwe mu bagenderwaho muri Real Madrid, Cristiano Ronaldo aza kuwukina nyuma yuko avuze ko ashaka kwisubirira mu ikipe ya Manchester United yahozemo, nyuma yuko avuzweho kunyereza imisoro. Uyu mukinnyi yagarutse muri iyi kipe ku wa gatandatu avuye mu kiruhuko, ndetse ari mu bajyanye nayo.
Manchester United ntifite umukinnyi Eric Bailly ugomba gusiba imikino ibiri mu marushanwa ya Europa League nyuma yo guhabwa ikarita itukura muri ½ cy’iri rushanwa bakina na Celta Vigo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mukino kandi uragaragaramo abakinnyi bashya mu ikipe ya Manchester barimo Romelu Lukaku waguzwe miliyoni 85 z’amayero mu gihe Cristiano Ronaldo yaguzwe miliyoni 91 .
Manchester United yatwaye iki gikombe inshuro imwe mu gihe, Real Madrid igifite inshuro eshatu. Ikipe ya Manchester United itozwa na José Mourinho mu gihe Real Madrid itozwa na Zinedine Zidane.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *