Kenya: Babiri barimo umwana w’umukobwa baguye mu myigaragambyo yamagana ibyavuye mu matora

Sangiza iyi nkuru

Umukobwa muto yapfuye arashwe na polisi yatatanyaga abamagana ibyavuye mu matora aherutse gutangazwa ko yegukanywe na Perezida wari usanzweho, Uhuru Kenyatta.
Mu gihe amajwi yatangazwaga by’agateganyo, Raila Odinga wari uhanganye na Kenyatta agasanga yamurushijwe [Odinga] yahise atangaza ko yibwe muri ayo matora.
Abigaragambya mu bice bitandukanye biraye mu mihanda, maze muri aka gace ka Mathare mu murwa mukuru wa Kenya, barimo n’uyu mukobwa barashweho na polisi, maze arapfa nkuko Reuters yabitangaje.
[xyz-ihs snippet=”google”]
Umwe mu bategetsi b’icyo gihugu yatangaje ko undi muntu yiciwe I Kisumu, umujyi wigeze kuberamo imvururu zikomeye zakurikiye amatora ya Perezida muri icyo gihugu muri 2007 zahitanye abasaga 1200, abandi ibihumbi 600 bakavanwa mu byabo.
Ibitaro bya Kisumu biri kwita ku bantu 4 bakomekejwe barashwe muri muri iyo myigaragambyo yabaye mu ijoro ryakeye, havuriwe kandi abandi bantu batandatu bakubiswe n’abo bapolisi.
Amajwi yatangaje na Komisiyo y’Amatora muri iki gihugu agaragaza ko Kenyatta w’imyaka 55 yatsinze aya matora n’amajwi 54.3%.
Abagize ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na leta (NASA) ryamaganye ayo majwi yatangajwe kuko ngo sisiteme ya komisiyo mu kubarura ayo majwi yinjiwemo, nyamara indorerezi mpuzamahanga zakurikiranye ayo matora zatangaje ko yagenze neza, nta kibazo cyabayeho.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *