CHAN 2018: Uganda Cranes yapfunyikiye Amavubi 3-0

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatakarije muri Uganda umukino wa mbere w’ijonjora ry’ibanze ryo guharanira itike yo kuzerekeza mu gikombe cy’Afurika gikinwa n’abakinnyi bakina muri za shampiona z’imbere (CHAN) giteganyijwe kubera muri Kenya, 2018.
whatsapp image 2017 08 12 at 2.18.29 pm 87795
Mu mukino ubanza wo gushaka itike yo kwerekeza mu mikino ya CHAN 2018, Ikipe y’igihugu, Amavubi itsindiwe n’ikipe y’igihugu ya Uganda ibitego 3-0, mu mukino waberaga muri Uganda.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikipe ya Uganda yatangiye isatira cyane, ikagerageza uburyo bwinshi ariko butagize icyo butanga kugeza ku munota wa 14 aho habaye kwisirisimbya cyane mu rubuga rw’amahina, imbere y’izamu ry’u Rwanda, byaje gutuma Mambo akorera ikosa mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga Penaliti yatsinzwe neza na Muzamiru Mutyaba.
Ikipe ya Uganda yakomeje kotsa igitutu u Rwanda, aho kumunota wa 25, umukinnyi Derrick Nsibambi, yaherezaga neza umupira Mutyaba Muzamiru, atsinda igitego cya 2 cya Uganda, igice cya mbere kirangira gutyo.
whatsapp image 2017 08 12 at 2.18.26 pm 3cfd3
Igice cya Kabiri kigitangira, Uganda yatangiranye ingufu, aho kumunota wa 49 yatsinze igitego cya Gatatu cyatsinzwe na Derrick Nsibambi ku burangare bwa ba myugariro b’Amavubi, umukino urangira gutyo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Hateganyijwe umukino wo kwishyura uzabera mu Rwanda tariki ya 19 Kanama, kuri stade Regional i Nyamirambo, Amavubi asabwa gutsinda ibitego 4 ku busa bwa Uganda kugirango yizere gukomeza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimimana@bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *