RDC: Abaturage ba Lubero baba bagiye gutuza nyuma y’aho inyeshyamba ziyemeje kuva mu biturage bimwe

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu biturage bya Kahumo, Miriki no mu bindi byo muri Teritwari ya Lubero, baba bagiye kuruhuka nyuma y’aho inyeshyamba zo mu mutwe wa NDC/ Rénové wa Guidon, zitangiye kuva muri ibi biturage guhera kuwa 11 kanama nk’uko amakuru aturuka mu buyobozi na sosiyete sivile avuga.

Hari hashize ukwezi izi nyeshyamba zarigaruriye ibi biturage, zikaba zivuga ko ziri kubahiriza umuhamagaro wa komisiyo y’intara igizwe n’amoko atandukanye, abadepite b’intara na sosiyete sivile ndetse n’abahagarariye amoko y’Abanyanga n’Abanande.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Soiyete sivile ya Lubero nk’uko radio Okapi ivuga, ikaba yemeza ko kuva aha hantu kw’izi nyeshyamba ari umusaruro w’ibiganiro iriya komisiyo yagiranye n’imitwe ibiri y’inyeshyamba ya Mai-Mai Mazembe na NDC/ Rénové ikunze kurwanira mu majyepfo ya Lubero.

Georges Katshongo, perezida wa Sosiyete Sivile ya Lubero, yaboneyeho guhamagarira igisirikare guhita kiza muri ibi biturage mu rwego rwo gukumira ko inyeshyamba za Mai-Mai zazagaruka zikabyigarurira.

Mu gihe zari zimaze mu giturage cya kahumo, inyeshyamba za NDC zikaba zasoreshaga buri muturage amafaranga 1000 ya Congo yo kuba muri iki giturage.
 
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *