Sudani y’EPfo: Umuriro wongeye kwaka hagati y'igisirikare cya leta n'abo batavuga rumwe

Sangiza iyi nkuru

Muri leta ya Sudani y’Epfo hongeye kurota intambara mu gace ka Haut Nil gaherereye mu Majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu.
Ni mu gihe muri iyi ntara hari hamaze iminsi bivugwa ko igisirikaare cya leta cyatangiye gukozanyaho n’abatavuga rumwe na leta nab o bitwaje intwaro bari bamaze igihe barayigaruriye.
Iyi mirwano kandi ije ikurikiye iyari yabaye mu minsi ishize mu gace ka Pagak, kari ku mupaka w’iki gihugu na Etiyopiya, gasanzwe karigaruriwe n’abarwanyi, kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2014.
Muri iki cyumweru gishize, nibwo abasirikare ba leta bagerageje kwigaruri utu duce mu ntambara itoroshye.
[xyz-ihs snippet=”google”]
Umuvugizi w’igisirikare muri Sudani y’Epfo, Lam Paul Gabriel yatangaje ko kugeza ubu bamaze kwigarurira tumwe muri utu duce.
Abaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu bakaba bashinja perezida Salva Kiir kurenga ku masezerano y’agahenge yashyizweho mu kwezi kwa Gatanu 2017.
Kugeza ubu, abakozi batari bacye, biganjemo abakoraga ibikorwa by’ubugiraneza bakaba batangiye kuva muri ako gace nyuma y’aho abasirikare ba leta batangiriye gushora umurwano.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *