Leta ya Somalia iravuga ko umusirikare wahoze akomeye mu mutwe wa Al- shabaab, Mukhtar Robow, yishyize mu maboko ya leta.
Uyu murwanyi kandi ngo yitangiye n’abagize umutwe we witwaje intwaro mu mujyi wa Hudur uri mu Majyepfo y’Uburengerazuba bw’igihugu cya Somalia.
Uyu murwanyi, Robow yahoze yungirije umukuru wa Al-Shabaab akaba n’umuvugizi w’uwo mutwe mbere yo gushwana na wo hakaba hashize imyaka ine.
Mu kwezi kwa Gatandatu, ni bwo Leta zunze ubumwe z’Amerika zavanyeho igihembo cya Miliyoni Eshanu z’Amadolari cyari kigenewe uzatanga uwo mugabo, akaba yahisemo kwitanga ubwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Amakuru dukesha BBC avuga ko nubwo Mukhtar Robow yishyize mu maboko ya leta, bidakuraho ko akiri intagondwa igendera ku matwara akaze y’idini ya Islamu.
Umutwe wa al-Shabaab ukomeje kugenzura uduce twinshi two muri Somalia kandi ukunze kugaba ibiteroshuma muri Kenya.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Biza.com


