Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania ziratabaza nyuma y’aho abantu 6 muri zo bakomerekejwe bikomeye n’abantu bataramenyekana.
Batanu muri izi mpunzi zakomerekejwe ni abagabo mu gihe undi ari umugore. Izi mpunzi zikaba zibarizwa muri zone 2 zitandukanye zo mu Nkambi ya Nduta, aho bivugwa bane bakomerekejwe bagiye gutashya inkwi zo gutekesha mu ishyamba riri hanze y’inkambi mu gihe abandi babiri bakomerekejwe bagiye guca inshuro.
Nk’uko umwe muri aba batemaguwe yabibwiye Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, bavuga ko bafite ibikomere mu mugongo, ku maboko no ku maguru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umwe muri aba agira ati: “Njyewe narakomeretse mu gahanga bashaka kumena ubwonko…ingingo zose nta na hamwe batavunaguye.”
Undi avuga ko bagiye baguhura n’abantu bicaye mu ishyamba bagahita babafata barababoha babajyana ahantu mu ishyamba babakubitirayo babagira intere. Ababafashe ngo babakubise bababwira ko baba bagiye kwiba imyumbati yabo nk’uko uyu yakomeje avuga.
Umwe mu bayoboye impunzi uvuga ko yigiriye kureba aho barwariye mu bitaro byo mu nkambi,avuga ko yasanze barembye, anemeza ko hari amakuru avuga ko bamwe muri abo batemaguwe harimo abari bagiye kwiba mu mirima.
Ati: “Njyewe nababonye bari mu bitaro, uwo munsi rero bari batemye abantu bagera kuri bane. Umwe bari bamutemye igipanga cyo mu mutwe n’icyo ku bitugu, undi bamutema icyo ku kuboko no ku kuguru, abandi babatemagura umutwe. Ejo rero hahise haza abandi babiri nabo babatemaguye ku bitugu no ku maboko. Batemwe n’Abatanzaniya aba tubana, eh.. ni bo babatemye babaziza ngo bagiye gusenya mu mashyamba yabo, naho inkuru ziva hirya no hino zivuga ko abo bantu nabo babafashe bagiye kwiba.”
Indi mpunzi yavuganye na VOA ivuga ko impunzi zafashwe n’agahinda kubera ibyo byabaye kuva kuwa Kane kugeza kuwa gatanu w’iki cyumweru gishize maze zijya kwihorera ariko igipolisi kiratabara.
Izi mpunzi zikaba zibabazwa n’uko nta perereza rikorwa ngo abazihemukiye bafatwe ngo babihanirwe. Ni mu gihe ngo hari izindi mpunzi 5 zimaze kwicwa muri ubu buryo ariko bikarangira.
Inkambi ya Nduta niyo irimo impunzi z’Abarundi nyinshi muri Tanzania, aho ibarirwamo impunzi zisaga 120,000, mu gihe izindi ziri mu nkambi ya Nyarugusu no mu nkambi ya Mutenderi. Iki gihugu cya Tanzania kuva mu 2015 kikaba kimaze kwakira impunzi zisaga 240,000 z’Abarundi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


