Guhera kuri uyu wa kabiri, itariki 05 Nzeri, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyahindutse litiro igera kuri 993 naho mazutu ijya kuri 954. Ni nyuma y’uko muri Nyakanga igiciro cyari cyagabanutse litiro ikava ku mafaranga 1022 ikagera kuri 964.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Itangazo ry’urwego ngenzuramikorere (RURA) ryashyizweho umukono kuri uyu wa Mbere, itariki 04 Nzeri, riravuga ko iri zamuka ry’ibiciro rishingiye ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga.

Gusa, RURA iratangaza ko iri zamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritazagira ingaruka ku biciro byo gutwara abagenzi .
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


