URwanda na Ethiopia bigiye kongera guhura bihatanira kuzitabira CHAN 2018

Sangiza iyi nkuru

U Rwanda na Ethiopia bigiye kongera guhuruzwa n’imikino 2 igomba kuzasigira kimwe muri ibi bihugu itike izatuma gikomeza mu marushanwa ya CHAN c’umwaka wa 2018.
Biteganyijwe ko igihugu kizatsinda hagati y’u Rwanda na Ethiopia, kizahura na Misiri mu mukino uzabera muri maroc, iyitsinze ikaba izabasha gukomeza mu irushwanwa riteganyijwe muri 2018.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ni nyuma y’uko ikipe ya Misiri ivuye mu marushanwa y’icyo gikombe biturutse ku mwanya basanze udahura n’ibindi bikorwa bateganije.
Ni mu gihe kandi uRwanda na Ethiopia yari byo byari byamaze gukurwa mu irushanwa ku ikubitiro, mu ijonjora ryari ryabaye hagati y’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.
Ishirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’Afrika, CAF rivuga ko ryahisemo ko iri jonjora ryasubirwamo ku bihugu bimwe na bimwe, mu rwego rwo gutanga amahirwe angana.
CAF ivuga ko ishaka guha imyanya 3 ibihugu byo mu muryango w’Afurika y’Iburasiraziba n’iyo hagati n’u Rwanda rurimo, bityo ibihugu bizabasha kongera kwitwara neza bikazabona amahirwe yo kuzakomeza muri Maroc.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umukino wa mbere uzahuza u Rwandana Ethiopia uzabera muri Ethiopia n’u Rwanda uzabera muri Ethiopia kuwa 05/11/2017,nyuma amakipe yombi yongere guhurira mu Rwanda.
Nyuma y’uko aya makipe ahuye, biteganyijwe ko ikindi cyiciro kizatangira kuwa 12/01/2018 kugeza 04/02/2018, na ho gutora amatsinda bikazakorwa kuwa 17/11/2017.
K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *