Ubuyobozi bw’ Umujyi wa Kigali, RURA ndetse n’amasosiyeti atwara abantu mu mujyi wa Kigali bari biyemeje kuvugurura imikorere yo kubatwara ndetse zimwe mu modoka (taxi minubus) zamburwa ubwo burenganzira, bizezaga abagenzi ko aribwo ibintu bigiye mu buryo ariko abagenzi babona byarazambye kugera naho bamwe bifuza uburyo bari basanzwe bategagamo.
Ibi bigaragara cyane iyo abantu bagiye ku kazi mu gitondo ndetse niyo batashye nimugoroba, aho usanga imirongo miremire y’ abategereje imodoka, umuntu akaba yawumaraha amasaha 3.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikigo cy’Igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyangwa abandi babifite mu nshingano, bagiye batanga ihumure ko ikibazo kirimo kuvugutirwa umuti, ariko imyaka ibaye 4, aho gukemuka ahubwo gisa nk’igikomera.
Ibi benshi babifata nk’igihombo gikomeye kuri bo, imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange, kuko iyo umuntu amaze isaha imwe cyangwa ebyiri ku murongo ategereje imodoka, hari byinshi aba yangiza, aka wamugani ugira uti “Igihe ni amafaranga”.

Ku manywa y’ihangu usanga abagenzi batorohewe n’izuba, mu mvura ugasanga nabwo banyagirirwa ku byapa, gukererwa ku kazi mu gitondo, abanyeshuri batagerera ku gihe ku mashuri, abihagarika ku biti n’inyuma y’utuzu turi ku byapa twagenewe abagenzi kubera kubimaraho igihe kirekire bahagaze,… nibyo bituma abagenzi barushaho kwivovota ko uburenganzira bwabo butubahirizwa nk’uko bikwiye, bagasaba inzego zibishinzwe gushaka umuti w’iki kibazo.
Abagenzi bararira abashoferi bakikiriza
Uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe amakarita (Tap & go), burashimwa na benshi ko bwakemuye amakimbirane y’ibiceri no kutumvikana hagati y’abagenzi na ba komvoyeri (convoyeur), ariko ni nako bwababujije amaramuko, ndetse buteza abashoferi gutegekwa umubare runaka w’ abagenzi bagomba gutwara ku munsi.
Abashoferi baganiriye na Bwiza.com, batangaza ko iyo batinjije amafaranga abo bita ba bosi bifuza, ko bibagiraho [abashoferi] ingaruka mbi, bagakatwa amafaranga ku mushahara, ibi nabyo bigatuma batanga serivisi mbi ku bagenzi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mushoferi utashatse ako amazina ye atangazwa agira ati “Ba nyiri ubwite (RFTC, Royal Express na KBS) ntibitaye kuri iyo ngingo kuko icyo bashyira imbere ni inyungu zabo, badutuma umubare w’abagenzi iyo tutawujuje baradukata, uku gukatwa gutuma na serivisi dutanga zitaba nziza 100%”.
Undi nawe ati ” Sinavuga ko imodoka dufite zihagije ariko na nkeya dufite tuzikoresha nabi , njye nshobora kumara isaha irenga ntegereje abagenzi ku cyapa kuko sinayishorera aho, kuko mba nzi ko nintuzuza umubare nzakatwa ku mushahara.

Akomeza agira ati “Ubundi baturetse tugakora twisanzuye, duharanira y’uko nta mugenzi ugomba gutinda ku cyapa twabigerageza, ariko mu gihe badutuma umubare tutagomba kujya munsi, umutima niho uba uri, ugasanga dutinze ku cyapa kimwe ngo imodoka yuzure kandi imbere abagenzi banyagirwa cyangwa bakererwa ku kazi”.
Byumvikane ko aha ariho uzasanga umugenzi abirenganiramo kuko n’iyo hagize n’indi modoka ibacaho aho ku mirongo ikagira uwo itwara, iyo ifashwe irahanwa, mu gihe umugenzi we aba azi ko imufashije.
Nta mugenzi ugomba kurenza iminota 5 ku cyapa
Muri Nzeri 2013, nibwo Umujyi wa Kigali watangije gahunda nshya yo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, aha uwari umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba yari yavuze ko nta mugenzi uzajya amara iminota itanu ku cyapa ategereje imodoka cyangwa ngo nayo iyihamare imutegereje.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Hashize amezi 3 nibwo Meya Ndayisaba yisubiyeho, avuga ko iminota 5 bitagishobotse, atanga igihe cy’umwaka ko ari bwo iyi minota yajya yubahirizwa.
Aha yagize ati “Mu igenzura tumaze gukora muri aya mezi atatu twasanze imodoka imara hagati y’iminota umunani na makumyabiri kugira ngo ibe ivuye ku cyapa ariko twifuza ko nyuma y’umwaka imodoka zose zaba zubahiriza iki gihe cyashyizweho”.
Ibi Ndayisaba yabivugaga mu Ukuboza 2013, umwaka yatangaga wari uwa 2014, ko bizaba byakemutse umugenzi akaba yamara igihe kitarenze iminora 5, none aho kuba itanu ahubwo yarushijeho kwikuba, n’amasaha 3 ashobora gushira.
Muri iyi nama kandi nibwo abanyamakuru babajije Meya Ndayisaba niba mu gutegura uyu mushinga baratekereje ku ibungwabungwa ry’ibidukikije cyangwa se ibikorwaremezo, ari nabwo bamubajije niba ku byapa hazashyirwa ubwiherero, asubiza avuga ko mu minota 5 umuntu ashobora kuhamara, yabaye yavuye mu rugo yakemuye utubazo duto duto (kwihagarika,…) atari ngombwa kuzihashyira, ariko ubu usanga bahamara isaha 2, bamwe bakikinga ku biti n’ibindi bibakingiriza. [bikomeje gutya nk’umwanditsi ndabona ubwiherero bwaba bukenewe].
Ibi abagenzi bavuga, na Meya w’umujyi wa Kigali uriho ubu, Pascal Nyamurinda yarabyiboneye n’amaso ye, ubwo yajyaga kugenzura niba ibyo abagenzi bavuga ari ukuri koko, yatunguwe no kumara amasaha 3 ya nijoro ari muri gare imodoka zabuze.
Yagize ati “Ibyo bibazo nanjye narabyiboneye rwose, ejobundi navuye Down Town [gare yo mu mujyi] saa tatu z’ijoro. Abaturage barategereza cyane amasaha arenze atatu, ibyo ni ukuri.”
Hashize amezi 5 Nyamurinda atangaje ibi, aho yavugaga ko bagiranye inama n’abahawe amasoko yo gutwara abantu mu mujyi wa Kigali, bakabwirwa kwikosora.
Ati “ Twatumiye abo twahaye amasoko ngo bikosore kandi turashyiramo ingufu kugirango bikosore, ikibazo kirahari abaturage bavuga ukuri.[…] ikibazo cyo kirahari nubwo hari igihe bagihakana”.
Minisiteri ifite mu nshingano ubwikorezi bwa bantu ibivugaho iki?
Mu kiganiro kirambuye na Bwiza.com cyo ku wa 21 Ugushyingo 2017, Umuyobozi ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa remezo n’ubwikorezi, Alfred Byiringiro, avuga ko n’ubwo hakirimo ibibazo byinshi, ko hari intambwe yatewe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Agira ati ”Twemeranye ko mu bibazo bya Public transport ari aho twavuye ndetse dufite niyo tujya, niyo mpamvu hari ingamba runaka zigenda zifatwa kugirango bimwe mu bibazo by’ ingutu bikemurwe mu maguru mashya”.
Aha, Byiringiro yabanjije kuvuga ku kibazo cyo gutinda ku mirongo miremire igaragara muri gare ndetse no ku byapa byinshi mu Mujyi wa Kigali.
Yavuze ko iki kibazo cyashimangiweho cyane mu nama iherutse guhuza abafatanyabikorwa mu bwikorezi rusange muri Kigali, ni ukuvuga Amakoperative uko ari 3, RURA, Umujyi wa Kigali ndetse na MININFRA.
Ati “Tutirengagije ikibazo cy’ umubyigano w’ ibinyabiziga n’ ifungwa ry’ imihanda irimo kubakwa, twanzuye ko hagomba kongerwa imodoka aho zikenewe, cyane twasanze ko Zone ya 3 ifite umwihariko”.
Avuga ko hari imodoka nini 20 zigomba gutangira gukora ku murongo wa Kimironko [kuva ku wa 21 Ugushyingo 2017] ndetse n’ izindi 20 zigomba kuzaza mu minsi yavuba.
Internet ya baringa na nimero zititabwa mu modoka zitwara abagenzi
Abagenzi bagiye banenga uburyo ibiciro by’ imodoka byagiye byurira bizezwa guhabwa interineti, mu ntangiro bahawe iyi serivisi ariko nabwo ikora nabi, ariko biza kurangira ntawe umenye irengero ryayo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi nabyo binengerwa hamwe na za nimero bashyize ku modoka zanditseho ko ‘hagize ugira ikibazo yahamagara iyi nimero (RFTC, Royal Express, KBS & RURA) ariko abagenzi bararenganywa bahamagara rimwe na rimwe bakabura ubitaba.
Ku byerekeye interineti yari yemerewe abagenzi mu modoka zibatwara, Alfred Byiringiro yavuze ko habayeho ikibazo cy’ imashine zikoreshwa mu gukwirakwiza Internet (wireless router) muri izo modoka z’ abagenzi.
Ati “Hari umubare runaka w’ amafaranga yari akenewe kugirango iki kibazo gikemuke ku bufatanye bw’ amakoperative na RURA , ubu rero tubijeje y’ uko bizakemuka bitarenze Ukuboza 2017”.
Akomeza avuga ko harimo gukorwa inyigo idasanzwe izakemura ikibazo cy’ ihanahana makuru ryihuse kugirango abagenzi bahabwe serivisi inoze ikubiyemo gudatinda ku mirongo ndetse n’ ibindi byagarutsweho haruguru.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
I.Theoneste & Gaston Rwaka/Bwiza.com



