Siriya: Indege z’intambara z’u Burusiya zarashe abantu 53

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Ukwakira 2017, nibwo Abantu bagera kuri 53 barimo abana 21 bishwe n’indege z’intambara z’Abarusiya abandi 18 barakomereka.

Aya makuru yatangajwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Siriya ariko ukaba ufite icyicaro mu Bwongereza, ko abo bantu biciwe mu gace kagenzurwa n’imitwe ya Kisilamu mu Burasirazuba bwa Siriya.

Uyu muryango uvuga ko ibyo bitero byakozwe mu bihe bitandukanye, mu gace kazwi nka Al-Chafah kari mu nkengero z’uruzi rwa Euphrate mu ntara ya Deir Ezzor.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ubusanzwe Perezida wa Siriya, Bachar al-Assad ashyigikiwe n’u Burusiya, kuva muri Nzeri 2015, nibwo u Burusiya bwatangiye kugaba ibitero muri iki gihugu bufasha Bachar al-Assad kurwanya imitwe y’iterabwoba ya ISIS.

Kuva muri uwo mwaka ingabo za Bachar al-Assad zikaba zarabashije kongera kwigarurira ibirindiro izi ntagondwa z’abasilamu zari zarigaruriye ndetse n’indi mitwe y’inyeshyamba.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *