Kuri uyu wa Kane, itariki 30 Ugushyingo 2017, abakozi bagera kuri bane bo mu Karere ka Gicumbi baherutse gutabwa muri yombi na Polisi bacyekwaho ibyaha birimo gutanga amasoko ya leta binyuranyije n’amategeko no gukoresha inyandiko mpimbano bitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi .
Aba bakozi ni uwari umukozi ushinzwe Imari n’Ubutegetsi, Kagwene Viateur; ushinzwe iterambere, Habyarimana Jean Baptiste; ushinzwe amakoperative n’ubucuruzi, Mashami Protogène; ushinzwe inyubako mu karere ndetse na Mutsinzi Samuel, umukozi ushinzwe imirimo rusange mu karere; bose batawe muri yombi ku itariki ya 16 Ugushyingo 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ubwo bagezwaga imbere y’urukiko, ngo bisobanure ku byaha baregwa, umushinjacyaha yabashinjije gutanga isoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko ryo kubaka ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga mu mwaka wa 2015 na 2016, ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano aho bagiye bandika ko hari amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa binyuranye kandi atarakoreshejwe .
Ubushinjacyaha bukaba bwabasabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo hashingiwe ku buremere bw’ibyaha baregwa ndetse no kuba baramutse baburanye bari hanze bakwica iperereza cyangwa bagatoroka.
Abaregwa bahawe umwanya ngo bagire icyo bavuga ku byaha bashinjwa, barabihakana bavuga ko ibyo baregwa byose ntaho bihuriye n’ukuri, ndetse bahuriza ku gusaba urukiko gukurikiranwa badafunze ngo kuko bafite aho babarizwa kandi hazwi.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi rukaba rwafashe umwanzuro ko uru rubanza ruzakomeza ku itariki 04 Ukuboza 2017 saa kumi z’umugoroba.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
PRINCE THEOGENE NZABIHIMANA


