Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yakiriye indahiro y’umushinjacyaha umwe ndetse n’abacamanza batatu bo mu Rukiko rukuru rwa Gisirikare.
Ubwo yakiraga indahiro zabo, ku wa 13 Mata 2018, ku biro bye i Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, Min. w’Intebe yabibukije ko indahiro bagize, ari igihango bagiranye n’igihugu, by’umwihariko n’umukuru w’igihugu. Yabasabye kuzuzuza neza inshingano bahawe.
Agira ati “Indahiro mumaze kurahirira, ni igihango mugiranye n’igihugu ndetse cyane cyane ikaba iyo mugiranye n’umukuru w’igihugu ubashinze iyi mirimo, tukaba twizeye ko muzayisoza uko bikwiye, bisaba kandi ko ibyemezo byose muzajya mufata bizajya bihora bishingira ku mategeko, ku bushishozi, ubuhanga n’ukuri”.
Yakomeje abasaba kuzajya bakomeza kwihugura kugira ngo bazajye babasha kuvumbura amayeri yose y’abanyabyaha, barushaho gukoresha n’ikoranabuhanga ndetse no kwihutisha imanza zibageze imbere.
Yabijeje ubufasha mu nshingano bashinzwe, ati “Tuzakomeza kubatera inkunga nka Guverinoma mu bishoboka byose, kugira ngo inshingano z’ubucamanza n’ubushinjacyaha bya gisirikare zikorwe neza”.
Abarahiriye kuba abacamanza mu rukiko rukuru rwa gisirikare ni Major Cyrille Sibomana, Major Phanuel Kalibu na Captain Frederic Kayijuka, naho Lieutenant Triphonie Umuhire arahirira kuba umushinjacyaha.







Amafoto : www.flickr.com/photos/primature
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



