Kenya: Igipolisi cyafashe Abarundikazi 25 bari mu nzira zo gucuruzwa

Sangiza iyi nkuru

Abarundikazi bagera muri 25 bafatiwe n’igipolisi cya Kenya mu mukwabu ahitwa Westlands, muri Nairobi mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu, rishyira kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Mata 2018. Birakekwa ko bari mu nzira zo gucuruzwa.
Itsinda ry’abapolisi ba Kenya bakaba basanze aba bakobwa bose mu inzu imwe iherereye muri aka gace ka Westlands ndetse bakaba bafatanywe n’abandi bantu babiri bikekwa ko ari bo bashakaga kujya kubacuruza mu burasirazuba bwo hagati.
Ikinyamakuru The Star cyo muri Kenya dukesha iyi nkuru kiravuga komu bice bitandukanye bya Kenya birimo Nairobi na Mombasa hakunzwe kugaragara ibibazo by’icuruzwa ry’abantu.
Muri Mutarama, umugabo n’umugore bashinjwaga ubwo bucuruzi muri Mombasa barekuwe n’urukiko rwa Shanzu nyuma yo kwishyura amashilingi ya Kenya 50,000 .
Zubair Deen, Shama Deen n’umukobwa wabo, Zeba Deen nabo batawe muri yombi  n’abapolisi kuwa 30 Ukuboza mu mwaka ushize, bashinjwa gucuruza abagore 10 basanzwe mu kabyiniro kabo gaherereye ahitwa Nyali.
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *